Abasirikare
b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro (RWANBATT-1) bakorera
muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), uyu munsi bahawe imidali
y’ishimwe ya Loni mu muhango wabereye mu Kigo cya Socatel M'Poko i Bangui.Iyi
midali yahawe abasirikare b’u Rwanda mu rwego rwo kubashimira ubwitange,
ubunyamwuga ndetse n’uruhare rukomeye bagize mu guteza imbere amahoro
n’umutekano muri Repubulika ya Santrafurika.
Ibikorwa
byabo byagize uruhare mu kurinda abasivili, koroshya itangwa ry’imfashanyo
z’ubutabazi, no gufasha mu kugarura ituze mu bice byari byugarijwe
n’amakimbirane n’intambara.
Mu ijambo
yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa
Loni akaba n’Umuyobozi wa MINUSCA, Madamu Valentine Rugwabiza, yavuze ko guhabwa
umudali wa Loni ari ikimenyetso cy’ishimwe ry’Umuryango w’Abibumbye ku
bwitange, ukwihangana n’ubudahemuka abasirikare b’u Rwanda bagaragaje mu gihe
cyose bamaze muri ubu butumwa.
agize ati:
“Uruhare rwanyu rwabaye urw’ingenzi cyane cyane mu gihe cy’amatora ndetse no mu
bikorwa byo kwiyamamaza kwa Perezida. Mu bihe byasabaga umutekano ukomeye no
guhora mwiteguye, RWANBATT-1 yashoboye gushyigikira ibikorwa byo kurinda
abaturage hirya no hino mu gihugu no gufasha gushyiraho uburyo bwafashije
abaturage gukoresha uburenganzira bwabo bwa demokarasi mu mahoro.”
Lt Col Paul
Gasasira, Umuyobozi wa RWANBATT-1, yashimiye ubuyobozi bw’Umuryango w’Abibumbye
kandi yongera gushimangira ubushake bw’ingabo z'u Rwanda bwo gukomeza
kubahiriza indangagaciro za kinyamwuga mu gihe bakomeje gutanga umusanzu wabo
mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Santrafurika.
Uyu muhango
witabiriwe n’abayobozi bakuru ba MINUSCA, abakuru b’ingabo na polisi,
abahagarariye ibihugu bitanga ingabo muri ubu butumwa, ndetse n’abayobozi
b’inzego z’ibanze.