Abantu amagana bo mu bwoko bw'Abayazidi bakoze imyigaragambyo mu Mujyi wa Sinjar muri Iraq ku wa Mbere, bibuka imyaka 12 ishize umutwe wa Islamic State (IS) ugabye igitero cyahitanye ibihumbi by'abaturage ndetse kigatuma abandi baburirwa irengero.
Amashusho agaragaza abigaragambya bitwaje amabendera y'Abayazidi, mu gihe amafoto y'abishwe n'ababuriwe irengero yari amanitswe ku nyubako zikikije aho imyigaragambyo yabereye.
Umwe mu bigaragambyaga, Hani Abu Dalal, yavuze ko bifuza ko ibyabaye ku Bayazidi byakomeza kwemerwa ku rwego mpuzamahanga nk'itsembabwoko (genocide), anasaba ko hashyirwa imbaraga mu gushakisha abakiburiwe irengero no gucukura imva rusange kugira ngo imibiri y'abishwe imenyekane.
Undi witwa Serbest Amid yavuze ko yatakaje abavandimwe be batatu, ba se wabo n'imiryango yabo mu gitero cyo ku wa 3 Kanama 2014.
Yagize ati: "Islamic State yatsembye abantu 47 bo mu muryango wanjye, none ubu hasigaye 15 gusa."
Mu ntangiriro za Kanama 2014, Islamic State yagabye igitero ku Karere ka Sinjar no mu nkengero zako, ikora ubwicanyi, ishimuta abagore n'abakobwa ndetse ihatira abaturage benshi guhunga.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ivuga ko kugeza ubu abagore n'abakobwa b'Abayazidi bagera ku 2,600 bakiri mu baburiwe irengero, mu gihe nibura 200,000 bakomeje kuba impunzi imbere muri Iraq, benshi bakaba batuye mu nkambi zo mu Karere ka Kurdistan.
Mu Ugushyingo 2015, Islamic State yavuye muri Sinjar, nyuma hakaza kuvumburwa imva rusange nyinshi. Inzego zitandukanye z'Umuryango w'Abibumbye na zo zemeje ko ibyakorewe Abayazidi bingana n'itsembabwoko.
Mu Werurwe 2021, Inteko Ishinga Amategeko ya Iraq yemeje itegeko rigamije gufasha abagore b'Abayazidi barokotse ibyaha bya Islamic State, ribaha indishyi, ubuvuzi, ubufasha bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe, uburezi n'amahirwe yo kubona akazi.