• Amakuru / MU-RWANDA

Ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga abagizweho ingaruka n’ibiza bo mu Karere ka Rubavu ku wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, Nteziyaremye yavuze ko nyuma y’ibiza yifuzaga kubona Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati "Ni byo ibiza byaraduteye n’abandi bose byarabateye, ariko ndashima Imana yankuye mu mazi n’umwana tukaba turi bazima n’ubwo mama we yabashije kugenda, Nyakubahwa Perezida wacu jye nejejwe n’Imana mu mutima, nahoze nifuza kukubona imbonankubone, none rero nakubonye, n’ubwo duhujwe n’ibiza ariko numvaga nkeneye kukubona."

Yongeyeho ati "Turimo gushyingura nari nabwiye abanyamakuru nti nimubona Perezida wa Repubulika, numvaga ko utari buze, ndavuga nti muzamushimire, mumubwire ko abaturage ba Rubavu twishimye, bitewe no kudufata mu mugongo, hari ahandi tujya twumva ibiza biba, ariko ugasanga ntibabitayeho, ariko mwebwe mwagerageje kutwitaho, ntabwo nagiye muri site, kubera ko nabonye akana katajya kuraramo hariya, Mayor n’abandi baramfashije kubona aho ncumbika, ubu rero ibyo kurya barabinzanira, amata ndajya muri site ngafata, nkanihereza."



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments