• Amakuru / POLITIKI

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Kanama 2023, Nibwo Perezida Paul Kagame yasuye Abaguverineri ba Leta zitandukanye zo muri Nigeria muri Kigali Convention Centre. 

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME yabagejejeho ijambo ndetse agira n’uruhare mu kiganiro bari bafite kigaruka ku ruhare rw’ubuyobozi mu guharanira agaciro n’iterambere bya Afurika no kugendana n’Isi ihoramo impinduka nkuko Ibiro bye, Village Urugwiro bibitangaza dukesha iyi nkuru.

Aba ba Guverineri bagera kuri 19 bayobora Leta zitandukanye zo muri Nigeria, bari i Kigali mu mwiherero w’iminsi itatu. Bari kwigira hamwe ibijyanye n’ubuyobozi cyane cyane ingingo zo gushyira mu bikorwa ibyemezo bitandukanye biba byarafashwe. Uyu mwiherero wateguwe ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere.

Guverineri wa Leta ya Osun muri Nigeria, Ademola Adeleke uri muri uyu mwiherero aheruka kugaragaza ko yakunze imiyoborere y’u Rwanda ndetse yemeza ko ikwiriye kuba isomo ku bindi bihugu bya Afurika bishaka gutera imbere.

Adeleke yavuze ko kugira ngo Demokarasi irusheho kugira agaciro mu bihugu bya Afurika abayobozi bakwiriye kwemera ko habaho amatora anyuze mu mucyo.

Ati “Nishimiye kuba ndi hano, ndasaba abayobozi baba aba hano ndetse n’abo mu bindi bihugu ko dukwiriye kwemera ko habaho amatora anyuze mu bwisanzure n’umucyo. Turi imbuto za demokarasi, ku bw’ibyo dukwiriye kwemera ko habaho amatora anyuze mu mucyo.”

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments