• Amakuru / POLITIKI

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023, Nibwo Amerika yatangaje ko yagabye ibitero by'indege ku bubiko bubiri bw'intwaro n'amasasu buherereye mu mujyi wa Abu Kamal, uri ku mupaka na Iraq mu burasirazuba bwa Syria.

Ubu bubiko bwarashweho bukoreshwa n'umutwe wa Revolutionary Guards wo mu ngabo za Iran.

Minisitiri w'ingabo w'Amerika Lloyd Austin yavuze ko ibyo bitero byabayeho mu gusubiza ku bitero biherutse kugabwa ku bigo bya gisirikare by'Amerika muri Iraq na Syria byakozwe n'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Iran.

Mu itangazo, yavuze ko ibyo bitero by'Amerika "bitandukanye n'intambara ikomeje hagati ya Israel na Hamas".

BBC dukesha iyi nkuru ivuga ko hataramenyekana niba hari abapfuye cyangwa abakomeretse muri ibyo bitero.

Minisitiri Austin yagize ati: "Ibi bitero biboneza [bihamya] byo kwirwanaho ni igisubizo ku rukurikirane rukomeje kubaho rw'ibitero ahanini bitagize icyo bigeraho byagabwe ku basirikare b'Amerika muri Iraq no muri Syria bikozwe n'imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na Iran byatangiye ku itariki ya 17 Ukwakira [10]."

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments