Ku wa Kabiri tariki ya 24 Ukwakira 2023, Nibwo Umutwe wa M23 werekanye intwaro zigezweho zirimo na ‘Drones’ z’ubutasi wambuye ingabo za Leta ya Congo, FARDC, n’imitwe y’inyeshyamba n'indi mitwe y'inyeshyamba z’umutwe wa M23 zerekanye.
Izi ntwaro uyu mutwe werekanye, harimo izigezweho zisanzwe zikoreshwa n’umutwe w’abasirikare barinda Perezida Tshisekedi, iz’umutwe kabuhariwe uzwi nka Hibou ndetse n’iza ba mudahusha nka Machine Guns ndetse n’izindi mbunda ziremereye z’amoko atandukanye.
Mu bikoresho M23 yerekanye kandi harimo za drones ivuga ko FARDC yifashishaga mu gukora akazi kayo k’ijoro ndetse n’ibikoresho byinshi by’itumanaho.
Uyu mutwe uvuga ko ibyo werekanye ari nk’agatonyanga mu nyanja, kuko ngo ufite “intwaro nyinshi wafashe ndetse n’imfungwa z’intambara zo mu mitwe itandukanye” yafatiye ku rugamba.
Izi ntwaro zafatiwe mu bitero ingabo za Guverinoma ya Congo n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro ikorana na FARDC bakomeje kugaba kuri M23.
Maj Willy Ngoma, Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare yavuze ko bamaze iminsi bahanganye n’aba mudahusha ba FARDC, abo mu mutwe urinda Tshisekedi ndetse na Hibou.
Yanyomoje ibivugwa na Leta ko M23 ihanganye n’abasirvile bahawe intwaro bibumbiye mu cyiswe Wazalendo nkuko ikinyamakuru Ahuparadio.com kibitangaza dukesha iyi nkuru.
Maj Willy Ngoma yavuze kandi ko ku rugamba rwatangijwe na FARDC banahanganye na FDLR yahawe ibikoresho bigezweho ndetse n’abacanshuro b’abazungu basanzwe bakorana na FARDC n’imitwe irimo APCLS, Nyatura n’abandi.