• Amakuru / POLITIKI

Ku wa Kabiri, tariki ya 03 Ukwakira 2023, Nibwo Kevin McCarthy, yegujwe ku mwanya w’Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyeguzwa rya McCarthy ubarizwa mu Ishyaka ry’Aba- Républicains,  ribaye nyuma y’itora ryabereye mu Nteko ya Amerika aho Abadepite 216 babarizwa mu Ishyaka ry’Aba-Démocrates 208 ndetse n’abo mu Ishyaka ry’Aba- Républicains umunani aribo basabye ko McCarthy yeguzwa ku mwanya we mu gihe 210 bari bamushyigikiye.

Kevin McCarthy wari mu bayobozi batatu bakomeye muri iki gihugu, yegujwe nyuma y’ubusabe bwa Matt Gaetz uhagarariye Florida mu Nteko, avuga ko uyu muyobozi akorana n’Aba-Démocrates.

Biteganyijwe ko Inteko ya Amerika izahitamo undi ugomba kuyiyobora nkuko CNN ibitangaza dukesha iyi nkuru.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments