• Amakuru / MU-RWANDA
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Nzeri 2023, Nibwo mu murenge wa Kinyinya akarere ka Gasabo habaye ubukangurambaga bwo gushishikariza urubyiruko kurwanya ibiyobyabwenge nubuzererezi.

Ubu bukangurambaga bwahurije hamwe urubyiruko rwahoze rugororerwa mu bigo ngorora muco ninzego zubuyobozi zitandukanye, bubaye nyuma yo kubona imibereho mibi, ingesombi, guhangayika akenshi bitewe namakimbirane aturuka mu muryango hagati yabashakanye agira ingaruka mbi ku buzima bwabana rimwe na rimwe bayoboka inzira zubuzererezi bwo ku muhanda no kwishora mu biyobyabwenge.

Bamwe mu rubyiruko rwari aha, bagaragaje ishusho yimibereho mibi abanywa ibiyobyabwenge baba barimo ndetse nubuzima bukakaye abana baba ku muhanda babamo.

Bavuga ko, akenshi umuntu anywa ibiyobyabwenge agamije kwiyibagiza ibibazo aba yahuye nabyo rimwe na rimwe bivuka mu makimbirane yo mu muryango ari hagati yabashakanye.

Ndacyayisenga Ismaël, umunyamuryango wa koperative Ikerekezo Kinyinya 2050 yabahoze bagororerwa mu bigo ngorora muco kugeza ubu basigaye batanga umusaruro ugira uruhare runini mu iterambere ryigihugu nyuma yo guhabwa inkunga, yatangarije BTN ko mbere yo kujya kugororwa yarabaye mu buzima bwakahebwe ariko nyuma yuko avuyeyo yiyemeje gutanga umusanzu ahereye ku bakiri mu nzira zikishora mu biyobyabwenge.

Yagize ati “Ntakubeshye nari mbayeho nkikihebe ku buryo ntatinyaga gucira mu maso umuntu mukuru nshutswe nibiyobyabwenge nafataga ariko ubu meze neza nyuma yuko mvuye kugororwa i Wawa.”

Akomeza ati “I Wawa twahaherewe amasomo yingenzi, Leta yaduteye inkunga natwe rero tugomba gufashirizamo bagenzi bacu byu mwihariko babandi bakimeze nkuko twahoze tubaha akazi. Ndakangurira buri wese kwibagirwa ibiyobyabwenge burundu kuko ntakamaro kabyo ahubwo nibyo kutwangiriza ubuzima.”

Umusaruro wavutse nyuma yuko inzego z’ubuyobozi zihagurukiye abahoze ari ba Sawuli bagahinduka ba Paulo

NKUNDINEZA Pascal, Umukozi wUmujyi wa Kigali, mu karere ka Gasabo Ufite Inshingano zo Gukurikirana Urubyiruko rwavuye mu bigo ngorora muco no Gukumira Ubuzererezi nIbiyobyabwenge, avuga ko ikibazo kijyanye no guta amashuri kwabana bataga ishuri ko cyitazongera kugaragara mu karere ka Gasabo akaba anasaba ababyeyi kubahiriza  inshingano batazihirikiye ku bandi.

Agira ati “Ubuyobozi ntibusinziriye, bitewe nikerekezo kiza u Rwanda rwihaye nbityo rero biragoye ko urubyiruko rwatereranywa kugea ubwo umubare wiyongera wabataye ishuri. Twese ntidusinziriye kuko urubyiruko nirwo Rwanda rwejo hazaza.”

Akomeza ati “Buri wese agomba kuba umubyeyi guhera kuwo yabyaye nuwo atabyaye, Mbese agafata umwana wese nkuwe, Ababyeyi rero barasabwa kubahiriza inshingano zabo batazihirikiye ku bandi cyangwa ubuyobozi.”

RUKINAGIZA Eric, Umukozi wIkigo cyIgihugu Gishinzwe Igororamuco, NRS nyuma yo kuganiriza abari bitabiriye ubu bukangurambaga akanabaha ihumure rivanze no kubereka ishusho nziza igihugu cyu Rwanda gifite, aganira na Bplus Tv, yasabye imiryango yaba bana bavuye mu bigo ngorora muco nabatarajyanywayo, ko igomba kubitaho bataratandukira uburere mboneragihugu kandi bakanatekereza ku hazaza habo hashingiye ku mashuri.

Yasoje ashimira Leta yu Rwanda yatekereje ku rubyiruko rwayobotse ingeso mbi ikarutegurira aho bafatira amasomo ndetse nubufasha butandukanye burimo ninkunga ibafasha kwikura mu bukene bakiteza imbere.

Ati “ Nubwo aba bana bajyanywa kugororerwa muri biriya bigo, ntibikuyeho kwitabwaho mbere na nyuma yuko bajyanywayo. mu byukuri ababyeyi bakwiye kubitaho hakiri kare kuko aba bana ni umutungo wigihugu kandi bakaba ahazaza higihugu.”

Uretse ubutumwa bushishikariza urubyiruko kurwanya ibiyobyabwenge nubuzererezi, Hanatanzwe ubutumwa bugaruka cyane ku mibereho yumwana wumukobwa abamo byu mwihariko abishoye mu ngeso mbi zo kwicuruza(Uburaya) cyane ko hari nabari nabategarugori bibumbiye muri koperative ariko bahoze bicuruza.

Ni ubutumwa bwatanzwe nUmuyobozi  Ushinzwe Imibereho Myiza yAbaturage mu murenge wa Kinyinya, M.Chantal UWIMANA nabandi bakozi baje bahagarariye SOS,Umuryango Mpuzamahanga Wita ku Burenganzira bwAbana , Uharanira ko Umwana Aba mu Muryango Utekanye kandi Akunzwe barimo SETONDE Justin MUSORE.

UWIMANA, Yashimiye cyane abari nabategarugori bakomeje guhindura imibereho yabatari bake mu Rwanda kandi hari aba bateshaga agaciro.

Yavuze ko nyuma yo kugororwa batanze umusaruro mwiza urimo guteza imbere igihugu no guha abatari bake akazi binyuze mu mishinga bakora muri koperative yabo

Ati Mwa bantu mwe muri hano, bariya badamu mwabonaga mukabacira imanza, ubu aka kanya ni bo bacamanza beza bo guca inzara nubukene binyuze mu guha akazi abatagafite no kwigisha abagifite imyumvire nkiyo bahozemo. Cyane ko hari nabahise bashyingirwa mu buryo bwemewe namategeko.”

Ubu bukangurambaga bwabanzirijwe no gukora umuganda mu kibanza cya RSSB giherereye mu kagari ka Gacuriro, hakurikiraho umukino wahuje abana babahungu barimo abahoze baba ku muhanda, bwitabiriwe ningeri zitandukanye zirimo, abana bahoze ku muhanda ariko bafashwa numuryango Ufasha wa Rugamba Spryan, CCDR,Cyprien and Daphrosa Rugamba, abari nabategarugori bahoze bicuruza ariko ubu bibumbiye muri koperative, nikiciro cyabasore bagororewe i Wawa ndetse nInshuti zUmuryango na Koperative ikorera mu Gakiriro ka Gisozi yitwa Dukunde Umurimo Dushyize Hamwe.

Ubu bukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti" Dukumire Ubuzererezi n’Ikoreshwa ry’Ibiyobyabwenge mu Bana nUrubyiruko Tubasubiza mu Ishuri.

Iki gikorwa kikaba cyari cyateguwe n’akarere ka Gasabo ku bufatannye na NRS ndetse n’umufatanyabikorwa SOS,Umuryango Mpuzamahanga Wita ku Burenganzira bwAbana Uharanira ko Umwana Aba mu Muryango Utekanye kandi Akunzwe binyuze mu mishinga ibiri ariyo Seruka Project na Kura Umenye project.

SOS ni umuryango ukomoka ku mugabane wUbulayi mu gihugu cyu Budage ariko ukaba waratangiye gukorera mu Rwanda mu 1975.

Amafoto yaranze iki gikorwa:











Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments