Uretse ubutumwa bushishikariza urubyiruko kurwanya ibiyobyabwenge n’ubuzererezi, Hanatanzwe ubutumwa bugaruka cyane ku mibereho y’umwana w’umukobwa abamo byu mwihariko abishoye mu ngeso mbi zo kwicuruza(Uburaya) cyane ko hari nabari n’abategarugori bibumbiye muri koperative ariko bahoze bicuruza.
Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umuyobozi Ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu murenge wa Kinyinya, M.Chantal UWIMANA n’abandi bakozi baje bahagarariye SOS,Umuryango Mpuzamahanga Wita ku Burenganzira bw’Abana , Uharanira ko Umwana Aba mu Muryango Utekanye kandi Akunzwe barimo SETONDE Justin MUSORE.
UWIMANA, Yashimiye cyane abari n’abategarugori bakomeje guhindura imibereho y’abatari bake mu Rwanda kandi hari aba bateshaga agaciro.
Yavuze ko nyuma yo kugororwa batanze umusaruro mwiza urimo guteza imbere igihugu no guha abatari bake akazi binyuze mu mishinga bakora muri koperative yabo
Ati Mwa bantu mwe muri hano, bariya badamu mwabonaga mukabacira imanza, ubu aka kanya ni bo bacamanza beza bo guca inzara n’ubukene binyuze mu guha akazi abatagafite no kwigisha abagifite imyumvire nk’iyo bahozemo. Cyane ko hari n’abahise bashyingirwa mu buryo bwemewe n’amategeko.”
Ubu bukangurambaga bwabanzirijwe no gukora umuganda mu kibanza cya RSSB giherereye mu kagari ka Gacuriro, hakurikiraho umukino wahuje abana b’abahungu barimo abahoze baba ku muhanda, bwitabiriwe n’ingeri zitandukanye zirimo, abana bahoze ku muhanda ariko bafashwa n’umuryango Ufasha wa Rugamba Spryan, CCDR,Cyprien and Daphrosa Rugamba, abari n’abategarugori bahoze bicuruza ariko ubu bibumbiye muri koperative, n’ikiciro cy’abasore bagororewe i Wawa ndetse n’Inshuti z’Umuryango na Koperative ikorera mu Gakiriro ka Gisozi yitwa Dukunde Umurimo Dushyize Hamwe.
Ubu bukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti" Dukumire Ubuzererezi n’Ikoreshwa ry’Ibiyobyabwenge mu Bana n’Urubyiruko Tubasubiza mu Ishuri.
Iki gikorwa kikaba cyari cyateguwe n’akarere ka Gasabo ku bufatannye na NRS ndetse n’umufatanyabikorwa SOS,Umuryango Mpuzamahanga Wita ku Burenganzira bw’Abana Uharanira ko Umwana Aba mu Muryango Utekanye kandi Akunzwe binyuze mu mishinga ibiri ariyo Seruka Project na Kura Umenye project.
SOS ni umuryango ukomoka ku mugabane w’Ubulayi mu gihugu cy’u Budage ariko ukaba waratangiye gukorera mu Rwanda mu 1975.
Amafoto yaranze iki gikorwa: