• Amakuru / POLITIKI

Minisitiri w‘ingabo Li Shangfu w’u Bushinwa wagiye kuri uyu mwanya muri Werurwe 2023 amaze ibyumweru bibiri aburiwe irengero.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa yaciye ku ruhande ikibazo cy’aho Minisitiri w’Ingabo Li Shangfu yagiye, bisa n’ibishimangira ko yaba akurikiranyweho ibyaha.

Ikinyamakuru The Financial Times dukesha iyi nkuru, kuwa Kane yatangaje ko abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuze ko Minisitiri Li Shangfu ari gukorwaho iperereza.

Umwe mu begereye abafata ibyemezo mu Bushinwa, yatangaje ko Minisitiri Li Shangfu yafashwe mu Cyumweru gishize akaba ari gukurikiranwa ariko ntiharatangazwa ibyaha akurikiranyweho.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa, Mao Ning, yavuze ko ibijyanye n’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo ntacyo abiziho.

Ni nyuma y’uko Qin Gang wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yakuweho mu buryo budasobanutse muri Nyakanga 2023. Yari amaze ukwezi atagaragara mu ruhame.

Nubwo uyu mu Ministiri yaburiwe irengero, ku mbuga nkoranyambaga za Leta y’u Bushinwa n’igisirikare Li Shangfu aracyagaragara ku rutonde rw’abayobozi, haba muri guverinoma no mu gisirikare.

Li Shangfu yagaragaye bwa nyuma mu ruhame kuwa 29 Kanama 2023 ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama yahuje ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa yiga ku mahoro n’umutekano yabereye i Beijing.

Bwa nyuma yagiye hanze y’igihugu hari hagati muri Kanama 2023 ubwo yajyaga mu Burusiya na Belarus baganira ku bufatanye mu bya gisirikare.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments