Umuherwe akaba n’umushoramari w’ikirangirire ku Isi, Elon Musk, yaciye agahigo ko kuba umuntu wa mbere mu mateka ugeze ku mutungo urenga miliyari 1000 z’Amadolari ya Amerika.
Uyu mwanya yawugezeho nyuma y’uko SpaceX,
sosiyete ye ikora ibyogajuru, satellites n’ikoranabuhanga rigezweho ririmo
ubwenge buhangano (AI), ishyize imigabane yayo ku isoko ry’imari ku nshuro ya
mbere.
Ishyirwa
ry’iyi migabane ku isoko ry’imari ryabaye inkuru ikomeye ku rwego mpuzamahanga,
aho buri mugabane wagurishijwe ku gaciro ka 135$, bituma SpaceX ikusanya
miliyari 75 z’Amadolari mu bashoramari.
Nyuma
y’iri shyirwa ku isoko, agaciro ka SpaceX kazamutse cyane kagera kuri tiriyoni
1.77 z’Amadolari, bituma iba imwe mu masosiyete afite agaciro gakomeye kurusha
ayandi ku Isi ndetse inarenza agahigo kari gafitwe na Saudi Aramco kuva mu mwaka wa 2019.
Inyandiko
zashyizwe ahagaragara na SpaceX zigaragaza ko Elon Musk afite imigabane myinshi
cyane muri iyi sosiyete, ifite agaciro ka miliyari 866.5 z’Amadolari. Iyo
hiyongereyeho imigabane asanzwe afite muri Tesla,
ifite agaciro ka miliyari 286.2 z’Amadolari, umutungo we wose urenga miliyari
1000 z’Amadolari.
Ibi
bitumye Elon Musk aba umuntu wa mbere mu mateka y’Isi ugeze kuri uru rwego
rw’umutungo, ibintu byafashwe nk’indi ntambwe ikomeye mu rwego rw’ubucuruzi
n’ikoranabuhanga.
Nubwo
bimeze gutyo ariko, abasesenguzi mu by’ubukungu bagaragaza ko uyu mutungo
ubazwe hashingiwe ku gaciro k’imigabane Musk afite mu masosiyete ye, bivuze ko
ushobora kuzamuka cyangwa kugabanuka bitewe n’imihindagurikire y’isoko
ry’imari.
N’ubwo
SpaceX imaze kugira agaciro gakomeye cyane ku rwego rw’Isi, iyi sosiyete iracyakorera
mu gihombo. Mu mwaka wa 2025, yinjije miliyari 18.7 z’Amadolari avuye kuri
miliyari 14 z’Amadolari yari yinjije mu mwaka wabanje, ariko isoza uwo mwaka
ifite igihombo cya miliyari 4.9 z’Amadolari.
Icyakora, ishyirwa ku isoko ry’imigabane ya SpaceX rifatwa nk’indi
ntambwe ikomeye mu mateka y’iyi sosiyete ndetse rikaba ryanatumye Elon Musk
arushaho gukomeza kuba umuntu wa mbere ukize kurusha abandi ku Isi.