Raporo zasohowe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga zigaragaza ko Leta zunze ubumwe z’Abarabu zishobora kuba zarahaye Iran amafaranga abarirwa muri za miliyari z’amadolari ya Amerika mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi no guhagarika ibitero Iran yari ikomeje kugaba mu karere.
Amakuru
yatangaje na Reuters avuga ko UAE yaba yaramaze kugeza
kuri Iran miliyari eshatu z’amadolari ya Amerika ($3bn), mu gihe andi makuru
aturuka mu Burasirazuba bwo Hagati avuga ko ayo mafaranga ashobora kuba ari
hagati ya miliyari 10 na miliyari 20 z’amadolari.
Aya
makuru agaragaza impinduka zikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, cyane cyane ko
mu myaka yashize UAE yari izwi nk’imwe mu nshuti zikomeye za Amerika
na Israel mu bikorwa byo gushyira igitutu
kuri Iran.
Raporo
ivuga kandi ko mu minsi ishize UAE yakiriye bamwe mu bayobozi bakuru b’umutwe
wa Islamic Revolutionary Guard Corps mu
nama yabereye i Abu Dhabi, hagamijwe kugabanya amakimbirane no kwirinda ko UAE
yaba kimwe mu bihugu bishobora kwibasirwa n’ibitero bya Iran.
Mu
gihe Bahrain, Kuwait na Jordan
byatangaje ko byagabweho ibitero bya Iran nyuma y’ibikorwa bya gisirikare bya
Amerika, UAE yo ntiyigeze ivugwa cyane mu bihugu byibasiwe muri iyo minsi
y’umwuka mubi.
Abasesenguzi
mu bya politiki mpuzamahanga bavuga ko niba aya makuru ari ukuri, ashobora kuba
ari intambwe nshya mu kongera umubano wa dipolomasi n’ubucuruzi hagati ya Iran
na UAE, cyane cyane ko UAE isanzwe ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba
Iran mu rwego rw’ubukungu n’ubucuruzi bwo mu karere.
Nubwo
aya makuru akomeje gukwirakwira,
kugeza ubu nta ruhande na rumwe hagati ya UAE na Iran ruragira icyo rutangaza ku
mugaragaro ku bijyanye n’ayo mafaranga cyangwa ku masezerano yaba yarakozwe
hagati y’ibihugu byombi.
Ibi bikomeje guteza impaka n’isesengura rikomeye ku ruhare
rw’ibihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati mu kugabanya amakimbirane ari hagati
ya Iran, Amerika na Israel, ndetse n’ingaruka bishobora kugira ku mutekano
n’ubukungu bw’akarere.