Perezida wa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yifuza guhura
n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei, mu gihe ibiganiro hagati ya
Washington na Tehran bikomeje kugamije kugabanya umwuka mubi umaze amezi hagati
y’ibihugu byombi.
Mu kiganiro
giherutse gutangazwa, Trump yavuze ko ashobora guhura na Khamenei mu gihe
ibiganiro biri gukorwa byakomeza gutanga icyizere. Yavuze ko ataramubona
imbonankubone, ariko ko yifuza kuzamuhura na we mu gihe ibintu byagenda neza.
Trump kandi
yavuze ko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran afite uruhare rukomeye mu biganiro biri
kuba hagati y’ibihugu byombi, ashimangira ko ari we utanga uburenganzira ku
byemezo bikomeye bifatwa na Tehran.
Aya magambo
aje mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko hari intambwe imaze guterwa
mu biganiro birebana n’ikibazo cya gahunda ya Iran yo guteza imbere ingufu za
nikleyeri. Trump yavuze ko Iran yemeye kutagira intwaro za nikleyeri, nubwo
amakuru arambuye ku masezerano ashoboka ataratangazwa.
Nubwo
impande zombi zikomeje ibiganiro, haracyari impungenge zishingiye ku mutekano
wo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, aho amakimbirane hagati ya Iran,
Amerika na Israel yakomeje gutera ubwoba amahanga. Abasesenguzi bavuga ko
guhura kwa Trump na Khamenei, nibiramuka bibaye, byaba ari intambwe ikomeye mu rwego
rwa dipolomasi hagati y’ibihugu bimaze imyaka myinshi bifitanye umubano mubi.
Trump yavuze
ko yizeye ko ibiganiro biri gukorwa bishobora kuvamo umusaruro mwiza, ariko
anagaragaza ko hari ubundi buryo bushobora kwifashishwa mu gihe amasezerano
atagerwaho.
Ibi
byatangajwe mu gihe amahanga akomeje gukurikiranira hafi uko umubano hagati ya
Washington na Tehran ugenda uhinduka, cyane cyane ku bibazo birebana
n’umutekano, intwaro za nikleyeri n’amakimbirane yo mu karere.
barimo
abakozi babiri b’ubutabazi, mu gihe abasirikare babiri bakomerekeye muri ibyo
bikorwa.
Kubera
ubwiyongere bw’ibi bibazo by’umutekano, Leta ya Israel yatangaje gahunda
y’ishoramari rirenga miliyari 4,5 z’amadolari ya Amerika rigamije kongera
umutekano no guteza imbere amajyepfo n’amajyaruguru y’igihugu akunze kwibasirwa
n’ibitero bya Hezbollah.
Abasesenguzi
mpuzamahanga bavuga ko uko ibintu bikomeje gufata indi ntera hagati ya Iran,
Amerika, Israel n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri Lebanon bishobora kongera
guhungabanya umutekano w’akarere kose k’Uburasirazuba bwo Hagati, mu gihe
amahanga akomeje gusaba impande zose kwirinda ibikorwa byakongera intambara no
gushaka ibisubizo binyuze mu biganiro bya dipolomasi.
Like This Post? Related Posts