Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump, yatangaje ko yagiranye ibiganiro n’umutwe wa Hezbollah ufashwa na Iran, bigamije guhagarika ibitero byari bikomeje kugabwa kuri Israel.
Trump yavuze kandi ko yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa
Israel, Benjamin Netanyahu, amusaba guhagarika umugambi wo kohereza ingabo muri
Beirut.
Ati: “Nagiranye ibiganiro byiza na Netanyahu, kandi nta basirikare
bazajya i Beirut. Nagiranye kandi ikiganiro cyiza na Hezbollah, bemera ko
kurasa bihagarara.”
Aya magambo ya Trump yatunguye benshi kuko nta muyobozi mukuru wa
Amerika wari warigeze atangaza ko yagiranye ibiganiro na Hezbollah, yaba mu
buryo butaziguye cyangwa ubuziguye, kubera ko Washington ifata uyu mutwe
nk’uw’iterabwoba.
Amakuru yatangajwe na Reuters avuga ko umwe mu bayobozi ba Lebanon
yavuze ko Hezbollah ibinyujije kuri Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya
Liban, Nabih Berri, yagejeje kuri Amerika ubutumwa bw’uko yiteguye guhagarika
ibitero kuri Israel mu gihe na yo yahagarika kugaba ibitero kuri Beirut.
Intambara yo muri Liban yakajijwe cyane n’ubushyamirane buri hagati ya
Amerika na Iran, aho Tehran ikomeje gushyigikira Hezbollah mu buryo bwa
gisirikare na politiki.
Iran yatangaje ko ibitero byose byagabwa kuri Hezbollah bishobora
gushyira mu kaga agahenge k’iminsi 60 kari kamaze kumvikanwaho hagati y’impande
zitandukanye zo mu karere.