• Amakuru / POLITIKI


Ubushyamirane hagati ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Iran bwongeye gufata indi ntera kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko Kuwait itangaje ko yagabweho ibitero bya missile na drone, mu gihe Amerika na yo yemeje ko yagabye ibitero ku bikoresho bya gisirikare bya Iran.

Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Kuwait byatangaje ko inzogera zitabaza zumvikanye mu bice bitandukanye by’igihugu, mu gihe inzego z’umutekano zavugaga ko ubwirinzi bwo mu kirere bwari burimo gukumira ibitero byari byagabwe n’abanzi.

Igisirikare cya Kuwait cyasobanuye ko amajwi y’iturika abaturage bumvise yaturukaga ku bikorwa byo kurasa no gukumira missile na drone zari zinjiye mu kirere cy’igihugu.

Nyuma y’iminota mike, Ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Amerika mu burasirazuba bwo hagati bwatangaje ko bwagabye ibitero ku bikoresho bya Iran bigenzura intwaro zo mu kirere n’ikorwa rya drone mu duce twa Goruk no ku Kirwa cya Qeshm Island.

Amerika yavuze ko ibyo bitero byari ibyo kwirwanaho nyuma y’ibikorwa by’ubushotoranyi yashinjaga Iran, harimo no kurasa drone yayo yo mu bwoko bwa MQ-1.

Ku ruhande rwa Iran, IRGC yavuze ko iyo drone ya Amerika yari yinjiye mu mazi ya Iran mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu gihe Amerika yo yavuze ko yari iri mu kirere mpuzamahanga.

Ibi bitero bishya byatumye impungenge ziyongera ku mutekano wo mu Karere ka Gulf, mu gihe intambara y’amagambo n’ibikorwa bya gisirikare hagati ya Amerika na Iran bikomeje gukaza umurego.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments