Icyizere cyo kugera ku masezerano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran agamije guhagarika amakimbirane kiri gukomeza kuba gike, nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, atangaje ko agiye gufata icyemezo cya nyuma ku byerekeye ayo masezerano, mu gihe Iran yo ivuga ko ibiganiro bikomeje ariko nta bwumvikane bwa nyuma buragerwaho.
Umukuru w'Inteko Ishingamategeko ya Iran, Mohammad Bagher Ghalibaf, yavuze ko igihugu cye kitazashingira ku magambo ahubwo kizashingira ku bikorwa bifatika bya Amerika. Yongeyeho ko Iran itazagira intambwe itera mu gushyira mu bikorwa amasezerano yose keretse ibonye Washington ibanje kubahiriza ibyo yiyemeje.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmaeil Baghaei, yavuze ko ibiganiro hagati y’impande zombi bikomeje, ariko ashimangira ko nta masezerano ya nyuma aragerwaho. Yamaganye uburyo Amerika ishyiraho ibisabwa Iran igomba kubanza kwemera, anenga kandi ibyo yise igitutu cya gisirikare cya Amerika mu karere.
Ku rundi ruhande, ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukaza umurego mu Burasirazuba bwo Hagati. Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko ingabo za Israel zamaze kurenga Umugezi wa Litani uri muri Lebanon, mu gihe ibitero Israel yakoreye muri iki gihugu ku wa Gatanu byavuzweho gukomeretsa no guhitana abaturage benshi.
Mu rwego rwa dipolomasi n’umutekano, United States Central Command> (CENTCOM) yatangaje ko ingabo za Amerika zikomeje ibikorwa byo gucunga umutekano mu karere, zerekana indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-16 iri mu butumwa bwo kugenzura ikirere cyo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Mu nama y’umutekano ya Shangri-La Dialogue yabereye muri Singapore, Minisitiri w’Ingabo wa Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko ubutegetsi bwa Trump buteganya gushora miliyari 1.500 z’amadolari mu rwego rw’ingabo, mu rwego rwo kongera ubushobozi bwa gisirikare bwa Amerika.
Yasabye ibihugu bifatanyije na Amerika kongera amafaranga bishora mu rwego rw’ingabo akagera nibura kuri 3.5% by’umusaruro mbumbe wabyo (GDP), agaragaza ko ibihugu bitazubahiriza uwo murongo bishobora kubona umubano wabyo na Washington uhinduka.
Hegseth yongeye gushimangira ko Amerika ikomeje intego yayo yo gukumira Iran kugira ngo itazigera ibona intwaro za kirimbuzi za nikleyeri.
Hagati aho, Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yashimye ibiganiro byahuje abasirikare ba Israel na Lebanon i Washington, ivuga ko byabaye byiza kandi byibanze ku mutekano n’ituze byo mu karere. Pentagon yongeye gushimangira ko Amerika ishyigikiye ubusugire n’ubwigenge bwa Lebanon.
Nubwo ibiganiro bya dipolomasi bikomeje, ibikorwa bya gisirikare n’umwuka mubi hagati ya Amerika, Iran na Israel bikomeje gutera impungenge ko amahoro arambye mu karere akiri kure kugerwaho.
Like This Post? Related Posts