• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Polisi ya Kenya yatangaje ko yataye muri yombi abanyeshuri umunani bigaga ku ishuri rya Utumishi Girls Academy bakekwaho kugira uruhare mu nkongi y’umuriro yibasiye iri shuri, igahitana abanyeshuri 16 abandi benshi bagakomereka.

Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Gicurasi 2026, mu gace ka Gilgil kari mu ntera ya kilometero hafi 120 uvuye i Nairobi.

Amakuru yatangajwe na Polisi agaragaza ko umuriro wibasiye inyubako abanyeshuri bararagamo, ukwira vuba cyane mu gihe benshi bari baryamye, bituma bamwe bananirwa kuwucika.

Uretse abanyeshuri 16 bahasize ubuzima, abandi barenga 70 bakomerekeye muri iyo nkongi, bamwe muri bo bakaba bari gukurikiranirwa mu bitaro bitandukanye.

Iperereza ry’ibanze ryakozwe n’inzego z’umutekano ryagaragaje ko iyi nkongi ishobora kuba yaratewe n’abanyeshuri bayitwitse ku bushake.

Polisi yavuze ko abanyeshuri umunani bahise batabwa muri yombi kugira ngo bakorweho iperereza ryimbitse ku ruhare bakekwaho muri aya mahano.

Mu gukusanya ibimenyetso, Polisi yashingiye ku mashusho yafashwe na camera zicunga umutekano (CCTV), ubuhamya bw’abanyeshuri bari bahari ndetse n’abakozi b’iri shuri.

Abayobozi bo muri Kenya batangaje ko iki ari kimwe mu biza bikomeye byibasiye amashuri muri iki gihugu mu myaka ya vuba, basaba ko hakazwa ingamba zo kurinda umutekano w’abanyeshuri mu bigo by’amashuri.

Hari amakuru avuga ko bamwe mu banyeshuri bakekwaho uruhare muri iyi nkongi bashobora kuba bari bafitanye amakimbirane n’ubuyobozi bw’ishuri, nubwo iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane icyihishe inyuma y’iyi mpanuka.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments