• Amakuru / POLITIKI

Hari amakuru aturuka ku buyobozi bukuru  bw’umuryango w’ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba EAC, Peter Mathuki, avuga ko Somalia ikomeje gutera intambwe ishimishije iyiganisha ku kuba umunyamuryango mushya wa EAC bitarenze uyu mwaka wa 2023.

Mu myaka mike ishize byagiye bigaragara ko Somalia yifuza kwiyunga kuri uyu muryango.

Byanavuzwe ko habaye ibiganiro byo kwinjiza Somalia muri EAC kuburyo ishobora kutarenze uyu mwaka irimo.


Ubunyamabanga bwa EAC, mu butumire bwahaye abanyamakuru, buvuga ko akanama k’abaminisitiri ba EAC kagomba guterana kuwa kabiri tariki 22 Kanama kugera ku ya 5 Nzeri 2023 kugira ngo kige ku ngingo yo kwemera Somalia nk’umunyamuryango mushya.

Ibizava muri ako kanama bizashyikirizwa abakuru b’ibihugu bazaha ikaze Somalia muri uyu muryango.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments