• Amakuru / MU-RWANDA

 Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) bifatanyije n’Abanyarwanda muri rusange mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

 Ni igikorwa cyabereye icyarimwe mu magororero yose yo hirya no hino mu gihugu cyitabiriwe n’abakozi ba RCS ndetse n’abagororwa.

Gahunda yo kwibuka yaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo ibiganiro ku mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibihe byo kubunamira.

 Abitabiriye ibi bikorwa banakurikiranye kuri televiziyo gahunda nyamukuru y’igihugu yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, aho Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yatangirije ku mugaragaro iki cyumweru cy’icyunamo.

Iki gihe cyo kwibuka ni umwanya wo gusubiza amaso inyuma, guha agaciro ubuzima bw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, no gukomeza kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, haba mu magororero no hanze.

 






 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments