Biteganyijwe ko kiriya kigo kizubakwa mu Karere ka Bugesera.
Gisanzwe gifitanye imikoranire n’u Rwanda kuko gifite uruganda rukora imodoka ziswe Volkswagen( VW).
Umwihariko w’imashini zihinga zizakorerwa mu Bugesera ni uko zizaba zikoresha amashanyarazi.
Akarere ka Bugesera gakungahaye ku biyaga k’uburyo ubuhinzi bwa kijyambere bushobora kuhakorerwa kandi bukazamura imibereho myiza y’abahatuye.
Abayobozi b’ikigo Volkswagen Group bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu iki kigo kimaze gikorana n’u Rwanda.