• Amakuru / MU-RWANDA

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Kamena 2023 Nibwo  Nyakabuhawa Perezida wa Repubulika,Paul Kagame yakiriye mu Biro bye abayobozi baturutse mu kigo cy’Abadage gikora imodoka cyitwa Volkswagen baganira ku mishinga gifite mu Rwanda  irimo no kubaka ikigo gikora imashini zihinga kandi zikoresha amashanyarazi.

Biteganyijwe ko kiriya kigo kizubakwa mu Karere ka Bugesera.

Gisanzwe gifitanye imikoranire n’u Rwanda kuko gifite uruganda rukora imodoka ziswe Volkswagen( VW).

Umwihariko w’imashini zihinga zizakorerwa mu Bugesera ni uko zizaba zikoresha amashanyarazi.

Akarere ka Bugesera gakungahaye ku biyaga k’uburyo ubuhinzi bwa kijyambere bushobora kuhakorerwa kandi bukazamura imibereho myiza y’abahatuye.

Abayobozi b’ikigo Volkswagen Group bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka itanu iki kigo kimaze gikorana n’u Rwanda.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments