Kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare 2024, Nibwo Abanya-Palesitine 97 bapfuye bagabweho igitero n'Ingabo za Israel zikoresheje indege z'intambara mu mujyi wa Rafah.
Amakuru avuga ko iki gitero cyakomerekeyemo 130, cyagabwe aricyo gikomeye kurusha ibindi cyagabwe mu Ntara ya Gaza kuva mu Ukwakira 2023, ubwo Hamas yagabaga ibitero ku banya Israel.
Iki gitero kibaye mu gihe umuyobozi wa Hamas yerekezaga mu Misiri mu biganiro bya guhosha intambara Israel yagabye mu Ntara ya Gaza.
Minisiteri y' Ubuzima mu Ntara ya Gaza, yatangaje ko ibitero byo kuri uyu wa Kane byahitanye abantu 97 abandi 130 bakomereka bikomeye . Bivugwa ko hari abandi bantu bagwiriwe n'inkuta z'inzu zabaguyeho ndetse umusigiti witwa Al- Farouk wasenyutse nyuma yo guterwaho amabombe.
Mu gihe ibihugu by'amahanga birimo inkoramutima za Israel nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatangiye kwamagana ibitero bya Israel mu Ntara ya Gaza.
Mu cyumweru gishize igihugu cya Israel cyanze ubusabe bw'Ibihugu by'amahanga n'imiryango Mpuzamahanga bwo guhagarika kugaba ibitego byo guhiga butware Hamas mu Ntara ya Gaza.
Like This Post?
Related Posts