• Amakuru / MU-RWANDA
Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Mutarama 2024, Nibwo Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwageneye impano y'amagare 566 ku bakuru b’imidugudu mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza no kuzuza inshingano zabo.

Iki gikorwa cyo gushyikiriza amagare abakuru b'imidugudu igize Akarere, Cyabaye nyuma y’ibiganiro abagize inzego z’ibanze bari bamaze kugirana n’ubuyobozi bw’Intara, aho baganiraga ku ngingo zitandukanye, no kwiyemeza ko hagiye gushyirwa imbaraga mu bitagenda neza, kugira ngo umuturage arusheho guhabwa serivisi nziza kandi zinoze yishimiye.

Abakuru b’Imidugudu bavuga ko amagare bahawe bari bayakeneye cyane, kubera ko hari igihe byabagoraga kugera aho bahamagawe muri gahunda zitandukanye zijyanye n’akazi kabo, rimwe na rimwe bagacyererwa.

Florida Nyirangirababyeyi ni umukuru w’Umudugudu wa Gako mu Murenge wa Nyarugenge yabwiye KigaliToday dukesha iyi nkuru ko igare yahawe riziye igihe, kubera ko hari byinshi rigiye gukemura.

Ati “Twajyaga tugenda tugiye mu nama ku Murenge hakabaho gutega, burya iyo usohora mu mutungo utinjiza ni igihombo, ariko ubu batuzaniye inyungu, tuzajya tujya ku Murenge turi ku igare ryacu dukore inama, ndetse jye navuga ko ari imbangukiragutabara mu Mudugudu. Bivuze ko nitugira ikibazo mu Mudugudu, nzajya ndyiteraho mpite ngenda ngere kuri wa muturage atiriwe aza kunshakisha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi wishimiye iki gikorwa, avuga ko amagare abakuru b’Imidugudu bahawe, azabafasha kurushaho kugera aho batageraga no kunoza akazi kabo.

Ati “Bizatuma Mudugudu arushaho kugera aho atageraga, bityo na we akarushaho kunoza inshingano mu gutanga serivisi ku bo ayoboye, gukurikirana ibikorwa by’isuku n’isukura ndetse no kumufasha na we mu mirimo ya buri munsi, kuko igare mu Karere ka Bugesera ni ubuzima.”

Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Nyakubahwa Pudence Rubingisa, yibukije abayobozi gukomeza gushyiramo imbaraga mu kwihutisha inshingano zabo begereza umuturage serivisi kandi zihuse nubwo imikorere ku bayobozi muri rusange atari mibi.

Ati “ Mbere na mbere ndashimira buri mukuru w'umudugudu uri hano kuko mugira uruhare mu miyoborere myiza ariko ntakudohoka ku nshingano zanyu ni ugukomeza gushyiramo imbaraga mu kwihutisha serivisi inoze mwegereza abaturage. Aya magare ntashiti azabafasha mu ngendo zanyu z’akazi cyane ko aka karere kazwiho kuba karambitse, bizaborohera kandi anabafashe mu kazi kabo ka buri munsi.”

Akarere ka Bugesera kagizwe n’imidugudu 584 harimo 15 idatuwe, kuko harimo itatu iri mu Kagari ka Mazane kimuwemo abantu, hamwe n’indi 12 idatuwe kubera ko iri aharimo kubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera.
Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments