Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 05 Mutarama 2024, Nibwo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo ab’igitsinagore, ari bugezwe imbere y’Urukiko rwa Nyarugenge aburana mu mizi kuri kimwe mu byaha icumi akurikiranyweho.
Kazungu Denis akurikiranyweho ibyaha 10, birimo Ubwicanyi buturutse ku bushake, Iyicarubozo, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu.
Akurikiranyweho kandi ubujura bukoresheje kiboko, icyaha cyo konona inyubako utari nyirayo, inyandiko mpimbano ndetse no kugera mu buryo butemewe ku makuru abitswe muri mudasobwa.
Uyu musore w’imyaka 34 y’amavuko, yatawe muri yombi mu ntangiro za Nzeri umwaka ushize wa 2023, nyuma y’uko aho yari acumbitse mu Kagari ka Busanza hatahuwe ikinogo yari yarahacukuye cyasanzwemo imibiri y’abantu akekwaho kwica.
Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Mutabazo Harrison; yemereye RADIOTV10 dukesha iyi nkuru ko Kazungu Denis azatangira kuburana kuri uyu wa Gatanu.
Yagize ati “Ejo tariki 05 guhera saa tatu za mu gitondo hateganyijwe iburanisha ry’urubanza rwe ku byerekeranye no gufata ku ngufu ruzaburanishwa ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.”
Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y'agateganyo ariko azaburana icyaha cyo gusambanya abagore gusa.
Like This Post?
Related Posts