Nyuma yuko ku wa Gatandatu tariki ya 02 Ukuboza 2023, Abaturage batuye mu Mudugudu wa Makurazo, Akagari ka Makurazo mu Murenge wa Cyanzarwe bicishije amabuye Mukarukundo Elina w’imyaka 55 bamushinja kuroga abana babiri, Ubuyobozi bw'Intara y'Uburengerazuba bwanenze imyitwarire yabo.
Guverineri w'Intara y'Uburengerazuba, Hon. Dushimimana Lambert, ubwo yari mu bukangurambaga bwabereye mu karere ka Rubavu mu Murenge wa Cyanzarwe akagari ka Ryabizige, bwari bwateguwe n'Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB, bwo gukangurira abaturage kurwanya ubucuruzi bw'abantu no gutangira amakuru ku gihe ku bakekwaho ubwo bucuruzi butemewe mu Rwanda.
Guverineri Dushimimana, imbere y'imbaga y'abaturage n'abandi bayobozi bari bitabiriye ubu bukangurambaga bwabaye ku wa Kane w'icyumweru cyashize, yagarutse kuri dosiye yagarukaga ku mukecuru wari warishwe atewe amabuye, nyuma yo kumukekaho kwica aroze abana.
Dushimimana yabwiye abaturage ko ntanumwe wemerewe kwihanira kuko iyo umuntu akekwaho icyaha aregwa mu nzego z'ubuyobozi zibishinzwe.
Yagize ati" Biratangaje kandi birababaje kubona hari abantu bifata bakica umuntu bamukekaho ubwicanyi kandi hari ubuyobozi bakaregeye! Ndagirango mbwire buri muntu wese ko ntawemerewe kwihanira kuko iyo bigaragaye ko yihaniye ahanwa bikurikije amategeko".
Ubundi mbere yuko ibi bitangazwa, mbere BTN yari yabagejejeho inkuru yavugaga ku bana babiri bitabye Imana mu bihe bitandukanye kuko umwe yapfuye tariki 28 Ugushyingo naho undi apfa tariki 2 Ukuboza 2023 aguye mu bitaro bya Gisenyi, ni aba Hakizimana Pierre.
Icyo gihe, bamwe mu baturage bahatuye bavuga ko bafashwe n’uburakari bahita batera Mukarukundo wakekwagaho kubica akoresheje uburozi, batemagura insina ze na we bamwica bamuteye amabuye.
Nyuma y'izo mpfu zombi, abagabo batanu batuye mu Murenge wa Cyanzarwe, mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi n’inzego z’umutekano.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Karekezi Twizere Bonaventure, yabwiye itangazamakuru ko uwo mukecuru yishwe ariko ababigizemo uruhare batawe muri yombi.
Yagize ati "Uwo mukecuru yishwe n’abaturage bavuga ko aroga, icyakora hari batanu batawe muri yombi, RIB ikaba iri gukora iperereza."
SP Karekezi asaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagatanga amakuru mu kurinda icyaha ko kiba.
Amashusho afitanye isano n'iyi nkuru:
Like This Post?
Related Posts