Kuri uyu wa Mbere nibwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yagiranye ikiganiro kihariye ku murongo wa telefoni n'Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken.
Ni ikiganiro kibanze cyane ku bibazo by'umutekano muke umaze iminsi uvugwa mu Burasirazuba bwa Congo aho kitezweho gutanga umusaruro nkuko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bibitangaza dukesha iyi nkuru .
Perezida Kagame yashimangiye ko u Rwanda rushyigikiye byimazeyo uburyo bwashyizweho bwo kugarura amahoro no gusubiza ibintu mu buryo mu Burasirazuba bwa Congo no mu Karere muri rusange.
Antony Blinken agiranye ikiganiro na Perezida Kagame mu gihe kuri ubu mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imirwano y’umutwe wa M23 n’indi mitwe ihakorera, ariko yo ku ruhande rwa leta yongeye gukomera.
Amakuru avuga iyi mirwano yazindukiye i Goma kuri uyu wa mbere aho yashyamiranyije Umutwe wa M23 na FARDC n'indi mitwe iterwa inkunga nayo
Umuvugizi wa M23, Majoro Willy Ngoma yavuze ko Icyo bifuza ari ibiganiro ndetse ko bari kwirwanaho no gusubiza ibitero bagenda bagabwaho, bagamije kurinda abaturage.
Amerika ni kimwe mu bihugu byatunze urutoki u Rwanda, ivuga ko “hari ubufasha bwa gisirikare ruha umutwe wa M23.”