• Amakuru / POLITIKI

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 06 Ugushyingo 2023, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haramukiye imirwano hagati y’Umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya Congo, FARDC, ku bufatanye n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.

Iyi mirwano yabereye i Kibumba muri teritwari ya Nyiragongo, mu bilometero 20 uvuye mu Mujyi wa Goma ibaye nyuma y’umunsi umwe M23 yigaruriye agace ka Burungu muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umuvugizi wa M23, Willy Ngoma, abinyujije kuri X yahoze ari Twitter, yavuze ko bagabweho ibitero n’uruhande rwa Leta kandi ko baza kwirwanaho.

Imirwano imaze ukwezi, igisirikare cya Congo cyiyifashwamo n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, abacanshuro n’abandi. M23 kuri iki Cyumweru yatangaje ko mu bo yafatiye ku rugamba harimo n’Ingabo z’u Burundi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments