Ibi byagarutsweho mu kiganiro cyabaye hagati y'Umuvugizi w’itsinda rishinzwe ibijyanye n’umutekano w’igihugu muri White House, John Kirby n’itangazamakurukuba abasirikare ba Amerika bajya i Gaza mu kiganiro .
Uyu muvugizi yagize ati “Nta gahunda ihari cyangwa ubushake bwo kohereza abasirikare ba Amerika ku rugamba i Gaza, haba uyu munsi cyangwa mu bihe biri imbere.”
Yakomeje avuga ko icyo Amerika iri gukora ari ukureba uko abatuye agace ka Gaza bazongera kubaho nyuma y’intambara.
Aya magambo ya John Kirby aje nyuma y’iminsi mike Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kamala Harris, na we avuze ko nta basirikare b’Igihugu cye bari i Gaza.