• Amakuru / MU-RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abanyeshuri n’abarimu bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhindeku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF Headquarters).

Uru ruzinduko rugize igice cy’urugendo rw’amasomo n’ubushakashatsi aba banyeshuri n’abarimu bari kugirira mu Rwanda mu gihe cy’icyumweru kimwe, rukaba rwaratangiye ku wa 1 Kamena 2026. Intego y’uru rugendo ni ukunguka ubumenyi ku bijyanye n’imiyoborere, umutekano, iterambere ry’ibihugu ndetse n’uruhare rw’inzego z’umutekano mu kubaka igihugu no kubungabunga amahoro.

Mu biganiro byabereye ku Cyicaro Gikuru cya RDF, Gen. Mubarakh Muganga yagaragarije abashyitsi amateka y’u Rwanda, urugendo rw’iterambere igihugu cyanyuzemo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uruhare Ingabo z’u Rwanda zikomeje kugira mu kubungabunga umutekano imbere mu gihugu no mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku rwego mpuzamahanga.

Yanasobanuye uburyo RDF ikomeje kubaka ubushobozi bwayo binyuze mu mahugurwa, ubunyamwuga no gukorana n’ibindi bihugu by’inshuti, hagamijwe gukomeza guhangana n’ibibazo by’umutekano bigaragara mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Abagize intumwa zo muri bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhindebashimye uburyo u Rwanda rwabashije kwiyubaka no kugera ku iterambere rifatika mu gihe gito ugereranyije n’amateka rwanyuzemo. Banagaragaje ko uru ruzinduko rubafasha gusobanukirwa neza uburyo igihugu gitegura kandi kigashyira mu bikorwa politiki z’umutekano n’iterambere.

Biteganyijwe ko muri uru rugendo rwabo bazanasura inzego zitandukanye za Leta, ibikorwa by’iterambere ndetse n’ahantu h’amateka hagamijwe kubafasha kurushaho gusobanukirwa urugendo rw’u Rwanda mu kubaka igihugu gifite umutekano, ubuyobozi bwiza n’iterambere rirambye.

U Rwanda n’u Buhinde bisanzwe bifitanye umubano mwiza ushingiye ku bufatanye mu nzego zitandukanye zirimo uburezi, ikoranabuhanga, ubucuruzi, ubuzima n’umutekano. Uru ruzinduko rw’abanyeshuri n’abarimu bo bo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryo mu Buhinde

Uru ruzinduko rw’abanyeshuri n’abarimu bo muri National Defence College y’u Buhinde rufatwa nk’intambwe ikomeza gushimangira ubwo bufatanye no gusangira ubunararibonye hagati y’ibihugu byombi.






Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments