Umukobwa wakoreshaga TikTok agatangaza ubutumwa bushyigikira ingabo y'Igihugu cya Mali, yafashwe ndetse yicwa n'abakekwaho kuba abarwanyi bakoresha iterabwoba.
Mariam Cissé, bivugwa ko yari afite imyaka 20 y'amavuko, yari afite abamukurikira barenga ibihumbi 100 kuri TikTok, aho yashyiraga amashusho agaragaza ubuzima bwo mu mujyi wa Tonka, mu karere ka Timbuktu, mu Majyaruguru, kandi kenshi yagaragazaga ko ashyigikiye ingabo z'Igihugu cye.
Urupfu rwe rwateye igihugu agahinda, kuko Mali imaze igihe ihanganye n'intambara y'iterabwoba yatangiye mu 2012.
Televiziyo y'igihugu ya Mali, yavuze ko Cissé yari afite intego yo kumenyekanisha umuryango we no gushyigikira ingabo binyuze mu mashusho ye.
Mali irimo guhangana n'ihagarikwa ry'ibikomoka kuri peteroli ryashyizweho n'amatsinda y'iterabwoba ku murwa mukuru, bikabangamira ubuzima bwa buri munsi bw'abaturage, ndetse Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ukagaragaza "impungenge zikomeye".
Cissé yafashwe n'abakekwaho kuba abarwanyi mu mutwe w'iterabwoba, ubwo yari ari kuri TikTok Live mu isoko riri mu mujyi baturanye, nk'uko radiyo mpuzamahanga y'Abafaransa (RFI) ibivuga.
Umuvandimwe we yabwiye Ibiro Ntaramakuru by'Abafaransa (AFP) ati: "Umuvandimwe wanjye yafashwe ku wa Kane n'abarwanyi." Akomeza avuga ko bamushinjaga "gutanga amakuru ku ngabo za Mali ku bijyanye n'imyitwarire yabo".
Mu mpera z'icyumweru gishize, bamujyanye i Tonka kuri moto maze bamurasira ku kibuga cya 'Independence Square' imbere y'umuvandimwe we n'undi mubare munini w'abari aho, nk'uko AFP yabitangaje.
Like This Post? Related Posts