• Amakuru / MU-RWANDA

Ku gicamunsi cyo ku wa gatandatu tariki ya 28 Ukwakira 2023, Nibwo mu Mudugudu wa Gikore, Akagari ka Sabusaro mu murenge wa Kansi akarere ka Gisagara, umusaza witwa Bimenyimana Juvénal w’imyaka 70 yagwiriwe n’igikuta cy’igipangu agiye gutabara inka ze.

Ibi byabaye ubwo hagwaga imvura ivanze n’umuyaga yaguye  ahagana saa cyenda, yiganjije mu kagari ka Sabusaro mu murenge wa Kansi.

Bamwe mu baturage batuye muri aka kagari ka Sabusaro bavuga ko ari imvura yagwanye umuyaga mwinshi kandi ari nyinshi mu gihe kigera nko ku isaha cyangwa irenga.

Byagenze gute ngo Bimenyimana w’imyaka 70 ahapfire?

Mu rugo rwa nyakwigendera, Bimenyimana ntibyaribyoroshye kuko iyi mvura yasenye igikuta cy’urupangu rugwira inka zari mu biraro.

Amakuru akomeza avuga ko Nyakwigendera ngo yasohotse mu nzu agiye gutabara izo nka ngo azugururire ibiraro zibe zahunga, agerageje kubikora agwirwa n’ikindi gice cy’igikuta cyari gisigaye hamwe n’inka imwe bari kumwe, indi ihita yiruka.

Amakuru aturuka mu baturanyi be avuga ko inka imwe yahise ipfa ako kanya naho Bimenyimana bagahita bihutira kumujyana ku Kigo Nderabuzima cya Gikore akaba ari naho yaguye.

Umunyamanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi,Kimonyo Innocent,yatangarije IGIHE dukesha iyi nkuru ko ayo makuru koko ari ukuri, yihanganisha abagize ibyago anasaba abaturage kongera imbaraga mu gukumira icyo ari cyo cyose cyateza ibiza bakacyirinda.

Ati “Turasaba abaturage kurushaho gukora ibishoboka byose byabarinda ibiza kuko nka kiriya gikuta cyaguye, byatewe n’amazi menshi yavaga ku nzu hejuru kandi byari bibaye igihe kirekire, igikuta cyari cyarasomye. Iyi mvura yaguye iza ibihuhura’’.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments