Foundation Nirisarike,ishuri ry'umupira w'amaguru ryumukinnyi w'ikipe y'igihugu Amavubi Nirisarike Salom ,ryatangiye gutanga abakinnyi mu ikipe y'igihugu y'abato .
Kuri uyu wa gatanu, nibwo ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda FERWAFA ,n'umutoza w'ikipe y'igihugu y'abatarengeje imyaka 15, bashyize hanze urutonde rw'abakinnyi 23, bazahagararira uRwanda muri CECAFA U15 izabera muri Uganda .
Mutabazi Buhari na Hagenimana Eric ,ni bamwe mubahamagawe muri iyi kipe y'igihugu, bakaba ari abakinnyi bitoreza mu irerero ry'umupira w'amaguru, ryashinzwe ndetse ryitabwaho na Nirisarike Salom ,usanzwe ukinira ikipe y'igihugu y'uRwanda Amavubi ,ndetse ari muri ba Captain bayo .
Foundation Nirisarike imaze imyaka 4 ifasha abana kuzamura impano zabo
Taliki 11 Nyakanga muri 2018, nibwo Nirisarike Salom yashinze irerero ry'umupira w'amaguru, aho akomoka mu karere ka Rubavu mu mugi wa Rubavu , uyu mugabo usanzwe utuye mu gihugu cy'uBubiligi ndetse ari naho akina ,yashinze iri rerero kugirango afashe abana bato kubona aho bakinira umupira w'amaguru, bagere ku nzozi zabo nkuko nawe ariyo nzira yanyuzemo.
Mu myaka 4 iyi centre imaze, yatanze abakinnyi mu makipe nka Etincelles, Vision Jeunnesse Nouvelle na Heroes, kuri ubu ikaba yatangiye gutanga abakinnyi mu ikipe y'igihugu y'abato , Nirisarike Salom yakuriye muri Centre yo kwa Vigure ,nyuma anyura muri SEC Academy, mbere yo kwerekeza ku mugabane w'iburayi .
Ubwo Minister wa Sports Aurore Mimosa aheruka gusura iri rerero
Nirisarike Salom usanzwe ari umukinnyi w'ikipe y'igihugu yatangiye kuyifasha kubona abakinnyi bazamusimbura
Kuradusenge Saidi umuyobozi nshingwabikorwa wa Foundation Nirisarike ari kumwe na Nirisarike Salom
Mutabazi Buhari na Hagenimana Eric ni abana barezwe na Foundation Nirisarike
Like This Post? Related Posts