• Ubukungu / IBIKORWA-REMEZO

Mu rukerera rwo ku wa Kabiri tariki ya 17 Ukwaira 2023, Nibwo Abaturage babiri bari bagiye gukora mu buryo bwa magendo bwo gucukura amabuye y'agaciro bagwiriwe n'ikirombe.

Ibi byabereye mu kirombe giherereye mu Mudugudu Karagari I mu Kagari ka Rwimishinya mu Murenge wa Rukara, gisanzwe ari icy’umuturage wajyaga akoresha abakozi bakagicukuramo amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.

Abaturage bavuga ko hari abagabo babiri baraye bacukura maze ikirombe kiza kubagwira mu rukerera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukara, Nyirabizeyimana Immaculé, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko bakiri gushakisha imibiri y’abo baturage.

Yavuze ko nyiracyo yamenye amakuru ko cyabagwiriye ahita atoroka.

Ati “Turi gushakisha ahari abantu kuko batubwiye ko bacukuraga muri metero hagati 15-20. Kugeza ubu ntiturabageraho ariko turacyashakisha.”

Uyu muyobozi yavuze ko ahantu aba baturage bacukuraga hatemewe gucukurwa kuko hatari hakorerwa inyigo neza. Yavuze ko abishora muri ubu bucukuzi akenshi usanga nta bikoresho by’ubwirinzi baba bafite, ndetse ko n’aho bacukura hatari hapimwa ngo harebwe niba kuhacukura byakoroha.

Nyirabizeyimana yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda abashyira ubuzima bwabo mu byago babasaba gucukura amabuye y’agaciro ahantu hatemewe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments