Uhagarariye ishyaka rya Bobi Wine mu Nteko Ishinga Amategeko, Mathias Mpuuga, yavuze ko uyu mugabo yafatiwe ku Kibuga cy’Indege avuye muri Afurika y’Epfo aho yari amaze iminsi.
Mpuuga yavuze ko inzego z’umutekano zitigeze zemerera Bobi Wine ko agera n’ahakorera abinjira n’abasohoka.
Abashyigikiye Bobi Wine bari bateguye urugendo rwo kumwakira akigera mu gihugu.
Ntabwo impamvu z’itabwa muri yombi rya Bobi Wine yigeze itangazwa.
