• Amakuru / MU-RWANDA

Inzego zishinzwe umutekano muri UgandaBobi zataye muri yombi Bobi Wine ubwo yari ageze ku Kibuga cy’indege cya Entebbe akubutse muri Afurika y’Epfo.

Uhagarariye ishyaka rya Bobi Wine mu Nteko Ishinga Amategeko, Mathias Mpuuga, yavuze ko uyu mugabo yafatiwe ku Kibuga cy’Indege avuye muri Afurika y’Epfo aho yari amaze iminsi.

Mpuuga yavuze ko inzego z’umutekano zitigeze zemerera Bobi Wine ko agera n’ahakorera abinjira n’abasohoka.

Abashyigikiye Bobi Wine bari bateguye urugendo rwo kumwakira akigera mu gihugu.

Ntabwo impamvu z’itabwa muri yombi rya Bobi Wine yigeze itangazwa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments