Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje aya makuru Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard yifatanyije n’abayobozi baturutse mu bihugu bitandukanye, mu gutangiza iri murikagurisha rizasozwa tariki 28 Werurwe 2024.
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente kandi yifatanyije na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani, mu gutangiza iryo murikagurisha mpuzamahanga, akaba yari ahagarariye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.
Iri murikagurisha rigamije gusigasira urusobe rw’ibinyabuzima, no kongera ibikomoka ku buhinzi bw’indabo, imbuto n’indabo.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu byateje imbere ubuhinzi bw’indabo, imboga n’imbuto, rukaba rubyohereza mu mahanga, narwo rwitabiriye iri murikagurisha mpuzamahanga, aho rwerekana ibikomoka kuri ubwo buhinzi.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara, basuye aho u Rwanda ruzamurikira ibikorwa byarwo muri iki gihugu.
Biteganyijwe ko iri murikagurisha rizamara amezi atandatu, kuko rizasozwa tariki 28 Werurwe 2024, rikaba rifite insanganyamatsiko igira iti “Ubutayu butoshye, ibidukikije byiza”.