Mudaheranwa Yusufu, umuyobozi wa Gorilla FC usanzwe uyobora ’Rwanda Premier League’ yarezwe muri FERWAFA na Uwizeye Djafar kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko.
Uwizeye Djafar yasinyige Gorilla FC amasezerano y’imyaka ibiri mu mpeshyi ya 2022, nyuma y’umwaka w’imikino wa 2022-23 yaje gutandukana n’uyu mukinnyi utarakinnye imikino myinshi kubera imvune aho avuga ko ikipe yanze kumuvuza.
Ubwo yirukanwaga yabwiwe ko agomba guhabwa amezi atatu y’imperekeza ariko arabyanga avuga ko ikipe igomba kumwishyura amafaranga y’amezi yose yari asigaraniye ikipe, nayo irabyanga nkuko ikinyamakuru Isimbi kibitangaza dukesha iyi nkuru.
Akaba yamaze gutanga ikirego muri FERWAFA cyakiriwe tariki ya 22 Nzeri 2023. Arega Gorilla FC iyobowe na Mudaheranwa Yusufu kumwirukana binyuranyije n’amategeko.
Djafar wanyuze mu makipe nka Espoir FC na Gicumbi FC yishyuza Gorilla FC akabakaba miliyoni 4 ashobora kwiyongera kubera ubukerwe.
Like This Post? Related Posts