-
Ubukungu / IBIKORWA-REMEZO
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyanza mu murenge wa Mukingo akagari ka Kiruri bavuga ko bakorewe akarengane n’umushinga witwa CDAT uri kubarandurira imyaka utabibamenyesheje.
Amakuru BTN ikesha aba baturage, avuga ko uyu mushinga ukiza gukora amaterasi y’indinganire muri akagari, watangiye kurandura imyaka iteze itandukanye irimo; Imyumbati n’urutoki ntabwumvikane bwabayeho.
Iyi myaka iri kurandurwa kandi ariyo baryaga, bavuga ko bizateza ikibazo cy’inzara nyinshi muri uyu murenge dore ko nubundi ibiyikomokaho nk’ifu y’ubugari n’ ibitoki byihagazeho ku isoko.
Ubundi mbere yuko iki gikorwa cyo kunyuza amatarasi mu butaka bwabo gitangira, Uyu mushinga witwa CDAT wabanje kubasezeranya ko muri uku kwezi kwa Nzeri bagomba kubanza kwishyurwa ariko nyuma bakaza gutungurwa no kurandurirwa imyaka ifatwa nk’inkingi ya mwamba.
Umuturage waganiriye na BTN utifuje gutangaza amazina ye, mu gahinda kenshi yahishuye ko mu minsi mike iri mbere bazazahazwa n’ingaruka zirimo n’inzara bitewe nuko kongera kubona ibiryo nk’ibyo bari bafite bizafata igihe kirekire.
Uyu muturage kimwe na bagenzi be, yanagarutse ku bindi bibazo bazahura nabyo nk’amakimbirane azaza hagati yabo nyuma yuko imirima yabo iri kugenda ihuzwa bizagorana cyane kumenya nyiri murima ndetse anakomoza ku bibanza byangijwe kandi byari ibyo kubakwamo amazu.
Yagize ati “Mu minsi iri imbere tuzahura n’ikibzo gikomeye cy’inzara kuko kugirango tubone ibiryo nk’ibyo twari dufite bizafata igihe kirekire” .
Akomeza agira ati “Ntakubeshye, Bamwe muri twe tuzashwana bitewe no kutamenya neza imbago z’imirima yacu kuko bari kuyihuza. Banatwangirije ibibanza twari bwubakemo” .
Umukozi( Agronome) uri gukurikirana uko amatarasi ari gukorwa muri uyu mushinga, CDAT, yatangarije BTN ko aya matarasi agamije guteza imbere no kongerera umusaruro aba baturage kandi ko atagamije kubahombya.
Agira ati “Aya matarasi azabafasha kubona umusaruro uhagije ugereranyiuje nuko bahingaga. Ntagamije kubahombya” .
Bitewe n’uburemere bw’iki kibazo , ku murongo wa telefoni, BTN yatangarijwe Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukingo, Ange Kayigi ko iki kibazo cyo kurandurirwa imyaka batari bakizi nubwo abaturage bari baremeye ko babakorera amaterasi gusa bakaba bagiye kugikurikirana kandi ko bitemewe gucisha amatarasi ahatuwe n’abaturage.
Ati “Iki kibazo cyuko abaturage barikurandurirwa imyaka ntitukizi, tugiye kugikurikirana. Ntago binemewe gucisha amatarasi ahantu hatuwe n’abaturage” .
Si kenshi umushinga nk’uyu uba ugamije guteza imbere abaturage ukora igikorwa nk’iki ariko bigateza igihombo n’amakimbirane.
SI mu kagari ka Kiruri gusa uyu mushinga uri kunyuza amatarasi kuko uri no gukorera mu tundi tugari tugize umurenge wa Mukingo.
Ni inkuru ya MAHORO Samson/BTN TV i Nyanza
Like This Post?
Related Posts