• Imikino / FOOTBALL

Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeri 2023, Nibwo ikipe ya Arsenal FC yanyagiye itababariye PSV Eindhoven ibitego 4-0 ku Munsi wa Mbere w’amatsinda ya UEFA Champions League.

Mu Itsinda B, Arsenal yari imaze imyaka itandatu idakina Champions League, yayigarutsemo neza inyagira PSV Eindhoven yo mu Buholandi ibitego 4-0.

Bukayo Saka wakinaga iri rushanwa bwa mbere, yafunguye amazamu ku munota wa munani, anatanga umupira wavuyemo igitego cya kabiri cyinjijwe na Leandro Trossard ku munota wa 19.

Habura iminota irindwi ngo igice cya mbere kirangire ni bwo Gabriel Jesus yatsinze igitego cya gatatu aherejwe na Trossard. Ni mu gihe Martin Ødegaard yatsinze icya kane ku munota wa 70.

Mu yindi mikino yari itegerejwe habayemo gutungurana cyane aho Bayern Munich yatsinze Manchester United ibitego 4-3 naho Arsenal inyagira 

Muri iri Tsinda A, Galatasary yari mu rugo, yanganyije na FC Copenhagen y’abakinnyi 10 ibitego 2-2 mu mukino wabaye kare.

FC Seville yo muri Espagne inganyije na Lens yo mu Bufaransa igitego 1-1.

Mu Itsinda C, Real Madrid itsinda Union Berlin 1-0 naho Napoli SSC yikura muri Portugal ihatsindiye SC Braga ibitego 2-1.

Mu Itsinda D, Benfica yatsindiwe mu rugo na FC Salzburg ibitego 2-0 mu gihe Real Sociedad yanganyije na Inter Milan igitego 1-1.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments