• Amakuru / POLITIKI
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul KAGAME yemeje ko ari umukandida mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, ubwo yari abajijwe niba kuba yarongeye gutorerwa kuyobora FPR Inkotanyi n’amajwi 99,8% bidashimangira ko azongera guhagararira uyu muryango mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Mu gusubiza icyo kibazo, yagaragaje ko aterwa ishema nikizere Abanyarwanda bamufitiye, Anongeraho ko kongera gutorerwa uyu mwanya wUmukuru wIgihugu ntawe byatungura kuko bigaragarira buri wese.

Yagize ati “Mumaze kubyivugira ko ari ibintu bigaragarira amaso ya bose. Ni nako bimeze. Ndishimye ku bw’icyizere Abanyarwanda bamfitiye. Nzakomeza kubakorera uko nshoboye. Yego, rero ndi umukandida.”

Tubibutse ko ku wa Gatanu tariki ya 18 Kanama 2017, kuri Stade Amahoro i Remera, Aribwo Perezida Paul KAGAME yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi mu itora ryo ku wa 3-4 Kanama n’amajwi 98,79 %; ahize umukandida wigenga Mpayimana Philippe wabonye 0.73% na Dr Frank Habineza watanzwe na Green Party wagize 0.48%.

Wari umuhango wahurije hamwe abarenga ibihumbi 25 baturutse mu turere twose tw’igihugu ndeste n’abakuru b’ibihugu 17, aba guverinoma n’abandi bayobozi bakuru barenga 20 baturutse ku mugabane wa Afurika no mu zindi mpande zose z’isi baje gushyikira Perezida Kagame wari warahiriye kuyobora u Rwanda kugeza mu 2024.


Icyo gihe, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, niwe wakiriye indahiro ya Perezida Kagame.

Perezida Kagame yarahiye agaragiwe na Madamu Jeannette Kagame, Mu ijambo rye, Yashimiye amashyaka yamutanzeho umukandida mu matora aheruka, anavuga no kuri babiri bari bahanganye mu matora aheruka.

Ati “Ndashaka gushimira abayobozi n’abanyamuryango b’amashyaka umunani yifatanyije na FPR mu kugena ko nyabera umukandida. Mu myaka 23 ishize, twakoranye bya hafi mu bwubahane hagamijwe gusana igihugu cyacu aribyo bitugejeje aho turi ubu. Ndanashimira kandi abandi bakandida babiri bagejeje ubutumwa bwabo ku baturage bacu. Twese hamwe, twaremye ubwisanzure aho nta jwi na rimwe ryabaruwe hagamijwe gupyinagaza uwo ariwe wese ahubwo yose yabaruwe hagamijwe kubaka u Rwanda.”

Yanabwiye abanyarwanda ko aha agaciro icyizere bamugiriye bongera kumutora.

Yagize ati “Ndagira ngo mbashimire by’umwihariko, icyizere mwongeye kungirira. Ikiruta ariko, ni icyizere mwifitiye ubwanyu n’ikiri hagati yacu. Gukomeza kubakorera, ni ishema ryinshi kuri njye. “


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments