• Ubukungu / IBIKORWA-REMEZO
Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias

Abaturage batuye mu murenge wa Gahini akarere ka Kayonza barinubira ikibazo cyumuhanda wangiritse kimaze imyaka itatu.
Ni umuhanda umaze imyaka isaga itatu warangiritse werekeza ku ishami rya Kaminuza yu Rwanda,Ishami ryUburezi  rya Rukara  ahazwi nko kuri FAWE.
Ni ikibazo abaturage bavuga ko batakiye ubuyobozi ariko ntihagire igikorwa kandi wari umuhanda nyabagendwa.

Aba baturage barasaba ubuyobozi kuwusana hakiri kare kuko ubafasha mu ngendo nubuhahirane hagati yuduce tuwukoresha.

Umuturage utifuje ko imyirondoro ye igaraga mu itangazamakuru, yatangarije BTN ko ukomeje  kudindiza iterambere  ryabawukoresha unakomeje kubateza inkeke cyane ko hagiye kubaho ibihe byimvura bizatuma batoroherwa no kuhaca.

Yagize ati  Dufite ubwoba bwibibazo uyu muhanda ugiye kuduteza cyane ko imvura nyinshi igiye kugwa. Mu byukuri uri gutuma iterambere ryacu ridindira.”

Bitewe nuburemere bwiki kibazo,  BTN yagerageje kuvugisha uruhande rwubuyobozi niba iki kibazo bakizi nicyo buteganya gukora, maze ku murongo wa telefoni  umuyobozi wakarere ka Kayonza  NYEMAZI John Bosco ayitangariza ko bakizi  ngo gusa  hakaba hakiri kwegeranywa amafaranga bazifashisha bawukora dore ko azava mu ngengo yimari izakoreshwa kuburyo mu gihe cya vuba uzaba watangiye gukorwa.

Agira ati  Iki kibazo turakizi, twatangiye kugishakira umuti ku buryo mu gihe cya vuba uzaba watangiye gukorwa.”

Ni mu gihe ikibazo cyimihanda idatunganyije  gikomeje kugaragara hirya no hino muri aka karere ka Kayonza ari nako gikoma mu nkokora ibikorwa byubwikorezi  icyo abaturage bafata  nko kudakurikirana  kwabayobozi.

 Ni inkuru ya MUBASHANKWAYA Fulgence/BTN TV
Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments