Bamwe mu babyeyi bakorera Umujyi wa Kigali barerera abana babo mu rugo mbonezamikurire rw’abana rwabashyiriweho bagaragaje ko kuva rwashyirwaho mu 2021 byatumye umusaruro wabo mu kazi wiyongera.
Ibi babitangarije mu birori byo gusezerera abana bagera ku Icyenda baharererwaga murugo mbonezamikurire rw’abana bageze ku kigero gishyitse cyo kujya mu mashuri y’incuke.
Kwizera Dinah wari uhagarariye ababyeyi bafite abana muri iri rerero yavuze ko ryaje arigisubizo ku babyeyi kuko baba bizeye bidashidikanywaho umutekano w’abana ndetse bikanafasha abana gukura neza.
Avuga kandi ko iri rerero ryatumye abana babo bajijuka bakiri bato binyuze mu gusabana na bagenzi babo ndetse rinabafasha kurema inshuti bakiri bato.
Yagize ati "Iri rerero ryatumye abana bacu bajijuka bakiri bato binyuze mu gusabana na bagenzi babo.”
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali Ushinzwe Ubukungu n’Imibereho Myiza y’Abaturage, URUJENI Martine, yavuze ko iri rero rifasha abana gukanguka mu myitwarire no mu mibanire n’abagenzi babo.
Yagize "iri rero rifasha abana gukanguka mu myitwarire no mu mibanire n’abagenzi be.”
Urugo mbonezamikurire rw’abana bato rwashyiriweho abakozi bo mu mujyi wa Kigali rwafunguwe muri Nzeri 2021 rutahwa ku mugaragaro mu Kuboza uwo mwaka rukaba rwakira abana bafite guhera ku mezi atatu. Kuri ubu rwarererwagamo abana 18.
Ubu mu bice bitandukanye by’igihugu uhasanga amarerero y’abana bato yashyizweho mu rwego rwo kubafasha gukura neza bahabwa indyo yuzuye no kwigishwa ibyabafasha kugira imyitwarire myiza.
Muri 2014, Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda y’Urugo Mbonezamikurire y’abana bato, bari munsi y’imyaka itandatu.
Iyi gahunda yari imwe mu ntego zayo zigamije gukumira no guhangana n’ibibazo by’igwingira rituruka ku mirire mibi iri mu bana.
ALAN NKOTANYI GASHIRAMANGA/Bplus TV
Like This Post?
Related Posts