Mu ijoro ryo
kuri iki Cyumweru tariki ya 02 Kanama 2026, habaye igitaramo gikomeye cy’umunsi
wa kabiri cya King James cyo kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki. Ni igitaramo
cyasabwe n’abakunzi be nyuma y'uko amatike y’umunsi wa mbere ashize hakiri
kare.
Igitaramo
cyari giteganyijwe kuba kimwe gusa tariki ya 1 Kanama 2026, ariko King James
yumvise ubusabe bw’abakunzi be, ahitamo kongeraho umunsi wa kabiri wabaye ku wa
2 Kanama 2026. Ni ukuvuga ko yakoze ibitaramo bibiri ku munsi ibiri
ikurikirana.
Igitaramo
cya mbere cyagenze neza kirangwa n'udushya dutandukanye, abakunzi be bataha
batabishaka. Igitaramo cyo ku munsi wa kabiri na cyo cyari gitegerejwe
n’abakunzi be batari bacye kuko amatike yari yabanje gushira mbere y'igitaramo
(Sold Out).
King James
na we ntiyatengushye abakunzi be kuko yabahaye ibyishimo afatanyije n’abahanzi
bakoranye indirimbo, bose bafatanyiriza hamwe gususurutsa abitabiriye. Iki
gitaramo cy'umunsi wa kabiri, cyaranzwe n'ibice bitatu ari nabyo tugiye
kugarukaho.
Imbere
y’abafana bari buzuye BK Arena, umunyamakuru wa RBA, Nzeyimana Luckman uzwi nka
Lucky, afatanyije na Zuba Mutesi, na we usanzwe ayobora ibitaramo, bageze ku
rubyiniro saa 19:25 ari na bo bayoboye iki gitaramo cyo kwizihiza imyaka 20
King James amaze mu muziki.
Umuhanzi
Phil Emon ni we wabimburiye abandi bahanzi ku rubyiniro muri iki gitaramo
cy’umunsi wa kabiri, aho yaririmbiye abafana bari baje kwifatanya na King James
muri uyu munsi w’amateka.
Nyuma ye, DJ
Inno yakomeje gususurutsa abitabiriye avanga indirimbo zitandukanye, mu gihe
hategurwaga kwakira umuhanzi mukuru.
Saa 20:00,
Lucky Nzeyimana na Zuba Mutesi bagarutse ku rugendo rwa King James mu muziki,
bibutsa abari bitabiriye bimwe mu bihe by’ingenzi byaranze imyaka 20 amaze
awukora.
Banavuze ku
ndirimbo zakunzwe cyane zirimo "Narashize", "Umugisha",
"Ndagukunda", "Meze Neza", "Urukundo" n'izindi
nyinshi yagiye asohora mu bihe bitandukanye
Nyuma
y'akanya gato, King James yahise ahamagarwa ku rubyiniro. Mbere y’uko
agaragara, habanje kwinjira ababyinnyi be bambaye imyambaro idasanzwe, bamwe
bafite amababa asa n’ay’abamarayika, mu gihe kuri écran hagaragaye amashusho
yerekana King James afite amababa ari kuguruka ndetse yambaye ikamba ry’ubwami.
Mu buryo
bwatangaje benshi, King James yamanutse avuye mu gisenge cya BK Arena aza ku
rubyiniro muri (Box), atangira igitaramo aririmba "Naratoboye",
akurikizaho "Nzakubona Ryari", "Mbabarira",
"Uracyamukunda" na "Ese Warikiniraga".
Nyuma y’izo
ndirimbo zifite injyana yihuta, yahinduye umuvuduko akomereza ku ndirimbo
"Hari Ukuntu", mbere yo kuririmba "Agatimatima", aho
abafana benshi bafatanyije na we kuyiririmba kuva itangiye kugeza irangiye.
King James
yahise ahamagara Zuba Ray ku rubyiniro, bafatanya kuririmba indirimbo yabo
"Ikirezi", yakiranywe ibyishimo byinshi n’abari bitabiriye iki
gitaramo.
Igitaramo
cyakomeje kuryohera abacyitabiriye ubwo King James yaririmbaga "Ni Iki
Utabona", aho yanifashishije gitari acurangira abafana be. Yahise
akurikizaho "Ubudahwema" na "Umugisha", ibintu byarushijeho
kongera ibyishimo mu bitabiriye.
Yakomeje ku
ndirimbo "Yaciye Ibintu", maze ababyinnyi be bazamuka ku rubyiniro
bayibyina mu buryo bwashimishije benshi. Yakurikiyeho
"Naramukundaga", indirimbo yaririmbanaga n’abafana be mu rukundo
rwinshi.
King James,
wakuriye muri Kina Music, yahise ahamagara Producer Ishimwe Clément ku
rubyiniro, amucurangira kuri gitari indirimbo "Nta Mahitamo", imwe mu
ndirimbo za mbere bakoranye. Nyuma yaho yongeye kuririmba "Ese
Warikiniraga".
Yakomeje
igitaramo aririmba "Birandega", "Ndagukunda" na
"Poupette", yakiranywe urugwiro rwinshi n’abafana. Ababyinnyi be
bongeye kuzamuka ku rubyiniro, bakomeza gususurutsa abitabiriye mbere y’uko
aririmba "Narashize", indirimbo yasize benshi babyina mu byishimo
byinshi
Mu gihe
igitaramo cyari kigeze hagati, King James yafashe akanya ko kwifuriza isabukuru
nziza umwe mu bafana be wari wayizihizaga. Abitabiriye bose bifatanyije na we
kumuririmbira no kumwereka urukundo. Nyuma yaho yakomereje ku ndirimbo
"Igitekerezo" na yo yakiriwe neza n’abari muri BK Arena.
King James
yamaze isaha n’iminota 30 ari ku rubyiniro adahagarara, mbere yo gufata
akaruhuko gato, mu gihe abafana bakomeje kumwereka ko bagifite inyota yo
kumubona ari kuririmba.
Muri iki
gitaramo kandi hafashwe umwanya wo kwibuka no guha icyubahiro abahanzi batakiri
ku isi, barimo Yvan Buravan na Jay Polly.
Abitabiriye
iki gitaramo bacanye amatoroshi ya telefoni mu gihe hacurangwaga indirimbo
“Malayika” ya Yvan Buravan, mu rwego rwo kumwibuka no kugaragaza ko umuziki we
ugifite umwanya ukomeye mu mitima y’abanyarwanda.
Nyuma yaho
hakurikiyeho indirimbo “2x2” ya Jay Polly, na yo yaririmbwe mu buryo bwihariye,
abafana bafatanya kuyiririmba mu gihe bibukaga uruhare yagize mu guteza imbere
umuziki nyarwanda.
Ibi bihe
byagaragaje urukundo n’icyubahiro abakunzi b’umuziki bakomeje kugirira aba
bahanzi bombi batabarutse.
Like This Post? Related Posts