Ku Cyumweru tariki ya 14 Gicurasi 2023 byari ibicika mu mujyi wa Catalonia ubwo FC Barcelone yegukanaga Igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Espagne, La Liga, nyuma yo gutsinda Espanyol ibitego 4-2
Gutsinda uyu mukino byatumye FC Barcelone iba iya mbere n’amanota 85, irusha Real Madrid iri ku mwanya wa kabiri amanota 14 mu gihe hasigaye imikino ine gusa.
Muri uyu mukino wari wahuje amakipe yombi y’i Catalonia, FC Barcelone yawisanzemo cyane kuko yatangiye gutsinda hakiri kare.
Ntabwo byari igitangaza kubona yitwara neza kuko Espanyol Barcelone n’ubundi iri mu makipe akirwana no kuba yabona amanota ayigumisha mu Cyiciro cya Mbere.
Ku munota wa kabiri w’umukino, Jules Koundé yahise abona ikarita y’umuhondo yatumye asabwa kwitonda umukino wose. Nyuma y’iri kosa abakinnyi ba FC Barcelone bahererekanyije umupira bashakisha uko binjira mu rubuga rw’amahina.
Óscar Gil wa Espanyol yakoze ikosa arenza umupira, nyuma yo kuwurengura, Alejandro Balde yahise awutanga kuri Robert Lewandowski wari uhagararanye n’umunyezamu Fernando Pacheco, awutereka mu izamu, FC Barcelone ibona igitego cya mbere ku munota wa 11.
Nyuma y’iminota icyenda gusa, Pedro González ‘Pedri’ yatanze umupira mu rubuga rw’amahina, usanga Alejandro Barde ahagaze neza ashyiramo icya kabiri. Barde yongeye kubona andi mahirwe ntiyayabyaza igitego ku munota wa 23.
Mu minota 30 y’umukino, FC Barcelone yari ku kigero cya 72% cyo guhererekanya umupira, Espanyol yari mu gihirahiro yibaza aho ihera yishyura. Mu gihe ikibitekerezaho, Lewandowski yashyizemo icya gatatu aherejwe umupira na Rafinha.
Uku ni ko igice cya mbere cy’umukino cyarangiye, FC Barcelone yamaze kwizera igikombe cyayo. Rutahizamu Robert Lewandowski kandi yahise aba umukinnyi wa FC Barcelone utsinze Espanyol ibitego bibiri mu gice cya mbere kuva byakorwa na Patrick Kluivert mu 2003.
Mu ntangiriro z’igice cya kabiri, Espanyol Barcelone yahise ikora impinduka ikura mu kibuga Denis Suárez na Sergi Gómez, ishyiramo Luis García na Javi Puado.
Frenkie de Jong yatanze umupira mu rubuga rw’amahina ugendera hejuru, usanga Jules Koundé ahagaze neza atera umutwe mu izamu ndetse atsinda igitego cya kane ku munota wa 53.
Uburyo bukomeye bwagombaga kuvamo igitego cya Espanyol Barcelone bwabonetse ku munota wa 70, ariko Javi Puado atera umupira nabi, umunyezamu Marc-André ter Stegen awushyira hanze.
Amakosa yahise ayakosora nyuma y’iminota ine gusa, ashyira umupira mu izamu. Umutoza Xavier Hernández ‘Xavi’ yahise asimbuza, akura mu kibuga Andreas Christensen na Pablo Gavira “Gavi”, basimburwa na Marcos Alonso na Ansu Fati.
Nyuma y’igitego cya Espanyol, abakinnyi bahererekanyije umupira hagati, batangira kurinda akazi bakoze hakiri kare, nubwo mu nyongera José Luis Mato “Joselu”, yashyizemo icya kabiri, umukino urangira Barcelone itsinze ibitego 4-2.
Ntabwo iyi ntsinzi yanejeje abafana ba Espanyol kuko bose bahise birunda mu kibuga bajya guteza umutekano muke, abakinnyi bose ba FC Barcelone bahungira mu rwambariro.
Abafana ba FC Barcelone bari kuri RCDE Stadium, nabo bahise batangira kwishimira igikombe baherukaga kubona muri Shampiyona ya 2018-2019. Igikombe cya 27 cya Shampiyona, FC Barcelone yatwaye, cyaje gikurikira igisumba ibindi iheruka gutwara ubwo yatsindaga Real Madrid muri Arabie Saoudite.