Mu kiganiro bagiranye na BTN TV, bayitangarije ko bagorwa cyane mu gihe cyo kuryama bitewe nuko badashobora kuryama mo imbere mu nzu bisanzuye.
Bavuga ko mu gihe cya nijoro inzu ziba zirangaye hejuru ku gisenge kuko dore ko aho amabati yagiye yeguka byatumye ibiti byari biyafashe bitangira gushenya ibyo baheraho bavuga ko isaha nisaha bashobora kuzahaburira ubuzima.
Umwe muri aba baturage utarifuje ko imyirondoro ye ijya ahagaragara usaba ubuyobozi gukurikirana iki kibazo bakabasanira amazu mu maguru mashya,
avuga ko igikomeje kubatera inkeke ari imvura izatangira kugwa ku wa 03-10 Nzeri kugeza mu kwezi kUkuboza 2023 mu bice byIntara yAmajyaruguru, Uburengerazuba ndetse no mu bice byUburasirazuba mu turere turimo akarere ka Kirehe.
Yagize ati "imvura igiye kugwa muri Nzeri uyu mwaka ishobora kudusiga iheruheru natwe tugapfa kubera ko amazu dutuyemo yanegekaye".
Aba baturage bakomeza batunga agatoki ubuyobozi bwinzego zibanze bwagejejweho iki kibazo ariko bugaterera agati mu ryinyo..
BTN ku murongo wa telefoni yagerageje kuvugana umunyabamanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kamembe, Iyakaremye Jean niba iki kibazo ubuyobozi bukizi n’icyo bugiye gukora ntibyayikundira kuko n’ubutumwa bugufi yamwandikiye atigeze abusubiza.
Gusa ariko umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Dr Kibiriga Anicet avuga ko iki kibazo bakizi bari kukivugutira umuti bagitegereje ingengo yimari izabafasha kubasanira amazu.
Ni inkuru ya AKIMANA Erneste i Kamembe mu Karere ka Rusizi