Ubwo habaga umuhango wa tombola y’uko amatsinda agabanyije mu Irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane Burayi mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki 31 Kanama 2023 hanatanzwe ibihembo ku bakinnyi bahize abandi yaba mu cyiciro cyabagore nabagabo biganjemo abo mu ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza.
Muri uyu muhango hatanzwe mo ibihembo by’abakinnyi, abatoza n’abandi bitwaye neza muri uyu mwaka ku Mugabane w’i Burayi.
Ku ikubitiro umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola yatowe nk’umwiza w’umwaka ushize nyuma yo kwegukana iki gikombe, mu gihe Sarina Wiegman utoza Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza y’Abagore yabaye umwiza mu Bagore nyuma yo guhesha iki gihugu Igikombe cya Finalissima.
Aitana Bonmati ukinira Ikipe y’Igihugu ya Espagne y’Abagore iheruka kwegukana Igikombe cy’Isi yabaye Umukinnyi Mwiza w’Umwaka mu Bagore, mu gihe Rutahizamu wa Manchester City, Erling Haaland, yabaye Umwiza mu Bagabo.
Like This Post?
Related Posts