• Imyidagaduro / ABAHANZI

Iradukunda Diane, uzwi ku izina rya Didi Love ku mbuga nkoranyambaga, wavuzwe cyane mu rukundo  yakorewe ibirori byo gusezera ku bukumi n'Inshuti ze

Ibi birori byabaye nyuma yo kwambikwa  impeta no gusezerana mu mategeko na  Johnkinsley Nwanko ukomoka muri Nigeria

Urukundo rw’aba bombi rwasakaye cyane mu itangazamakuru nyuma y'uwo muhango wabereye nigeria aribwo benshi bamwifurije urugo ruhire

 Ibyo birori byitabiriwe n'abantu benshi bazwi mu ruganda rw'imyidagaduro nka Joxy Parker ,Dj Brianne na bandi benshi bamugaragarije urukundo rwinshi n'ibyishimo bamuha impano zitandukanye ari nako basangira ibiyobwa n'amafunguro atandaukanye

Didi Love  yagaragaje  ko ari mu byishimo byinshi kandi ko nyuma y'ibyavuzwe byose atabihaye agaciro ubu akaba yitaye ku rugo rwe ndetse n'ibikorwa afite mu Rwanda

Biteganyijwe ko umuhango wo gusaba no gukwa uzabera muri Garden Park mu Mujyi wa Kigali ku i Rebero ku wa 28 Kamena 2026. naho nyuma yiyo mihango hazakuriraho umuhango wo gusezerana imbere y'Imana mu abatumirwa ariho bazakirirwa .











Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments