Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2026/2027 izagera kuri miliyari 7.796,3 Frw, bivuze ko yiyongereyeho 12% ugereranyije n’iy’umwaka ushize wa 2025/2026 yari miliyari 6.952,1 Frw nyuma y’ivugururwa ryari ryakozwe.
Mu mishinga y’ingengo y’imari mishya izatangira gushyirwa mu
bikorwa muri Nyakanga 2026, amafaranga menshi azaturuka imbere mu gihugu aho
ateganyijwe kugera kuri miliyari 5.273,8 Frw. Muri ayo, miliyari 4.429,1 Frw
azava mu misoro, mu gihe andi miliyari 582,4 Frw azaturuka mu bikorwa bitari
iby’imisoro.
Inkunga
z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri miliyari 548,3 Frw, naho inguzanyo
z’amahanga zikazagera kuri miliyari 1.974,1 Frw.
Muri
iyi ngengo y’imari, miliyari 4.788,5 Frw zizakoreshwa mu bikorwa bya Leta bya
buri munsi birimo imishahara n’imikorere y’inzego zitandukanye, mu gihe
miliyari 3.010,8 Frw zizashorwa mu mishinga y’iterambere n’ishoramari rya Leta.
Minisitiri
w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa,
yavuze ko iyi ngengo y’imari yateguwe hitawe ku bibazo bikomeje guterwa
n’intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse n’ingaruka zayo ku bukungu
bw’Isi.
Yagaragaje
ko Leta izakomeza gushyira imbaraga mu rwego rw’ubuhinzi, cyane cyane mu
gufasha abahinzi kubona ifumbire ku giciro cyoroheye, kongera ibikorwa byo
kuhira imyaka no gukomeza gushyigikira ibikorwa bya RwandAir.
Minisitiri
Murangwa yavuze ko Leta yongereye amafaranga ajya mu kunganira abahinzi kugira
ngo izamuka ry’ibiciro by’ifumbire ku rwego mpuzamahanga ritazagira ingaruka ku
musaruro w’ubuhinzi no ku mutekano w’ibiribwa mu gihugu.
Yasobanuye
ko amafaranga yashyizwe mu kunganira abahinzi ku bijyanye n’ifumbire yavuye
kuri miliyari 39 Frw mu mwaka ushize akagera hafi kuri miliyari 64 Frw muri uyu
mushinga w’ingengo y’imari.
Ati:
“Leta yongereye amafaranga ashyirwa mu rwego rw’ubuhinzi kugira ngo abaturage
bakomeze kubona ifumbire ihagije, cyane cyane muri iki gihe ibiciro ku rwego
mpuzamahanga bikomeje kuzamuka kubera ibibazo by’intambara yo mu Burasirazuba
bwo Hagati.”
Abasesenguzi mu bukungu bavuga ko izi ngamba zigaragaza ubushake
bwa Leta bwo kurinda ubukungu bw’igihugu no gukomeza gushyigikira gahunda zo
kwihaza mu biribwa n’iterambere rirambye.