Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 30 Kanama 2023, Nibwo Murenzi Abdallah wari Perezida wa FERWACY yeguye nyuma y’ibibazo bimaze iminsi bivugwa muri iri Shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda.
Si uyu muyobozi gusa weguye muri iri Shyirahamwe kuko na Nkuranga Alphonse wari Umuyobozi Nshingwabikorwa yahise atangaza ko yeguye.
Nyuma yuko hamenyekanye amakuru y’ubwegure bwabo, byabereye benshi urujijo kuko hatigeze hatangazwa icyaba cyatumye begura dore ko na ba nyiribwite batigeze bagira icyo babitangazaho.
Uku kwegura kubaye nyuma yuko Umunyamabanga w’iri Shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda, Munyankindi Benoît, atawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, ikimenyane cyangwa icyenewabo.
Ku itariki 22 Kanama, Nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaho "RIB" rwatangarije IGIHE ko "Murenzi Abdallah usanzwe ari Perezida wa FERWACY na we akurikiranywe adafunze ku cyaha cyo kuba icyitso kuri ibyo byaha byakozwe na Munyankindi akabihishira."
Ifungwa rya Munyankindi rishobora kuba rifitanye isano no ku kuba mu minsi ishize, yarasabiye umugore we Visa yo kujya muri Ecosse, akamushyira kuri lisiti y’abagomba guherekeza Ikipe y’Igihugu yari igiye gusiganwa mu gihe nta nshingano yari afite muri iyo delegasiyo.
Ibyo byamenyekanye mu ntangiriro z’uku kwezi. Icyo gihe abakinnyi bari munsi y’imyaka 19 b’Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo gusiganwa ku magare bagiye i Glasgow muri Ecosse bitabiriye Shampiyona y’Isi, bahurira n’ibibazo mu nzira ku buryo byageze aho batabarizwa ari bonyine mu Bwongereza babuze n’ibyo kurya.
Aba bakinnyi bose bakina mu ba-juniors [abari munsi y’imyaka 19], bageze i Londres basanga indege yari kubajyana i Glasgow saa Mbili n’iminota 20 z’umugoroba yakuwe ku murongo, biba ngombwa ko bahava n’imodoka saa Yine z’ijoro, bakora urugendo rw’amasaha agera kuri arindwi kandi babiri muri bo bafite isiganwa ku wa Gatandatu.
Ubwo Perezida Paul Kagame yari mu birori byo kwizihiza imyaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, ku wa 23 Kanama, yavuze ku bibazo bimaze iminsi biba muri siporo y’u Rwanda, atanga urugero rujya gusa neza n’ibiheruka kuba muri FERWACY.
Ati “Urugero, ufashe abantu bagiye mu marushanwa, bavuye hano bagiye hanze mu Burayi, ni abantu 20. Abana, urubyiruko nkamwe rwose, babishaka ndetse bananishoboye. Ubundi bari banakwiye kubishobora kurusha niba ubushobozi bwabageragaho bukabafasha.”
“Ariko ikibaye ni iki? Ufashe abantu 20, ubashyize mu modoka niba bavuye aha bagiye i Nairobi, ubashyize mu modoka, abayobozi bafashe ‘First Class’ mu ndege, abandi banabasize, ntabwo bajyanye na bo. Babasize ngo bagiye babasangeyo. Ariko si ibyo gusa, abo bayoboye bashyize abantu muri bisi, bo bagiye mu ndege, ntabwo bagiye mu ndege bonyine nk’abo bayobozi, oya, batwaye n’imiryango yabo n’inshuti.”
Murenzi Abdallah yari amaze umwaka umwe atorewe manda ya kabiri muri FERWACY, ni nyuma y’uko yageze ku buyobozi mu Ukuboza 2019 asimbuye Bayingana Aimable na we weguye nyuma y’imyaka 11 ayiyobora.
Mu gihe Nkuranga Alphonse yahawe inshingano zo kuba Umuyobozi Nshingwabikorwa muri FERWACY muri Nzeri 2022.