• Imyidagaduro / ABAHANZI

 Umunyamuziki akaba n’umushoramari ukomeye mu muziki wa Nigeria, Michael Collins Ajereh, uzwi cyane nka Don Jazzy, yavuze uko kuba yarateretaga  akangwa n’abakobwa mu gihe yigaga mu mashuri yisumbuye byamugizeho ingaruka zikomeye mu mitekerereze, ndetse nyuma yo kugera ku ntsinzi mu muziki akajya kubashaka kugira ngo yikuremo icyo gikomere cyo mu mutwe.

Mu kiganiro yagiranye na podcast yitwa Keeping It Real With Jima, Don Jazzy yavuze ko mu gihe yari mu mashuri yisumbuye atari afite ubwiza bwatumaga abakobwa bamukunda, bityo akagenda yangwa inshuro nyinshi igihe yabaga yagerageje kubasaba gukundana.

Yagize ati:“Mu gihe nigaga mu mashuri yisumbuye ntabwo ntabwo nari umusore  mwiza . Ndashimira Imana kubera umuziki kuko icyo gihe abakobwa bahoraga banyanga iyo nabasabaga urukundo.”

Don Jazzy yavuze ko ibyo byamugizeho ingaruka zikomeye mu mitekerereze ndetse bikomeza kumukurikirana no mu buzima bwe bw’ubukure.

Nyuma yo kugera ku ntsinzi ikomeye mu ruganda rw’umuziki no kuba umwe mu bayobozi bakomeye ba Mavin Records, yavuze ko yagarutse gushaka abo bakobwa bari bamwa mu gihe cy’ishuri.

Yagize ati:“Nyuma yo kuba umuntu uzwi no kwamamara mu buzima, nasubiye gushaka abakobwa bose banyanze nkiri ku ishuri. Ariko hafi ya bose nasanze barashatse.”

Uyu mugabo yavuze ko guhura n’abo bahoze bigana no kubona uburyo ubuzima bwe bwari bwarahindutse byamufashije gukira ibikomere yari yaratewe no kwangwa kenshi akiri muto.

Yasobanuye ko kubona yarashoboye kugera ku nzozi ze no kubaka izina rikomeye mu muziki byatumye agarura icyizere yari yaratakaje kubera ibyo yanyuzemo mu busore bwe.

Don Jazzy ni umwe mu bantu bafite uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuziki wa Nigeria no muri Afurika muri rusange.

 Yafashije kuzamura abahanzi benshi bakomeye barimo Rema, Ayra Starr, Korede Bello na Johnny Drille.

Amagambo ye yakiriwe mu buryo butandukanye ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavuze ko yagaragaje ukuri ku ngaruka zo kwangwa mu rukundo ku rubyiruko, mu gihe abandi bagaragaje ko gutsinda mu buzima no kwigirira icyizere ari byo byamufashije kurenga ibyo bibazo byamubabazaga kuva akiri muto.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments