Ikigo
Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara, Africa CDC, cyatangaje ku wa
Kabiri ko umubare w'abamaze kwemezwa ko banduye icyorezo cya Ebola muri Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda ugeze kuri 604.
Iki kigo
kandi cyavuze ko umubare w'abamaze guhitanwa n'iki cyorezo wageze ku 102 kugeza
ku wa Mbere.
Mu masaha 24
ashize, RDC yagaragayemo abantu 45 bashya bemejwe ko banduye Ebola, mu gihe
muri Uganda nta murwayi mushya wanduye iki cyorezo watangajwe muri icyo gihe.
Ku wa Mbere,
Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima yatangaje ko
muri Uganda ikibazo cya Ebola kiri kugenzurwa neza kandi ko ingamba zafashwe
zikomeje gutanga umusaruro.
Icyakora,
muri RDC, Africa CDC yagaragaje ko ibikorwa byo kurwanya ikwirakwira rya Ebola
bikomeje guhura n'imbogamizi zitandukanye zirimo ibibazo by'ibikoresho,
ubushobozi buke bw'inzego z'ubuzima ndetse n'ibibazo by'imikorere mu duce
twibasiwe n'iki cyorezo.
Mu minsi
ishize, ibigo bishinzwe gukurikirana no gukumira indwara byaburiye ko niba
hatafashwe ingamba zihamye kandi zihuse zo kugabanya ikwirakwira rya virusi ya
Ebola, umubare w'abandura muri RDC ushobora kugera ku 20,000.
Kugeza ubu,
RDC ifite abantu bagera kuri 500 bemejwe ko banduye Ebola, aho icyorezo
cyibasiye cyane intara ya Ituri, yakiriye abarenga 90% by'abamaze kwandura iyi
ndwara muri iki gihugu.
Abashinzwe
ubuzima bakomeje gusaba abaturage gukurikiza amabwiriza yo kwirinda, kwihutira
kujya kwa muganga igihe bagaragaje ibimenyetso bya Ebola no gukorana n'inzego
z'ubuzima mu gukurikirana abahuye n'abarwayi kugira ngo icyorezo kidakomeza
gukwirakwira.
Like This Post? Related Posts