Ku mugoroba
wo kuri uyu wa kane Tariki ya 5 Kamena 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga
n’Ubutwererane wa Repubulika y’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yifatanyije na Eric
W. Kneedler, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, mu birori
byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 ishize United States ibonye ubwigenge.
Ni ibirori
byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, abadipolomate, abafatanyabikorwa
b’ibihugu byombi ndetse n’inshuti z’u Rwanda na Amerika, hagamijwe kwizihiza
amateka y’ubwigenge bwa Amerika no gukomeza gushimangira umubano umaze imyaka
myinshi hagati y’ibihugu byombi.
Mu ijambo
yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yashimye
ubufatanye bumaze igihe kirekire hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, agaragaza ko umubano w’ibihugu byombi ugikomeje gutanga umusaruro mu
nzego zitandukanye zirimo ubukungu, uburezi, ubuzima, umutekano n’iterambere
ry’abaturage.
Yavuze ko
Amerika ari umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye b’u Rwanda mu rugendo
rw’iterambere, anashimangira ko ubufatanye hagati y’impande zombi bwagize
uruhare mu guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda no guteza imbere
amahirwe y’urubyiruko.
Minisitiri
Nduhungirehe yagaragaje kandi ko u Rwanda ruha agaciro umubano warwo na
Amerika, ashimangira ubushake bwo gukomeza kuwagura no kuwushimangira mu nyungu
z’abaturage b’ibihugu byombi.
Ku ruhande
rwa Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, yashimye umubano mwiza uri hagati ya
Kigali na Washington, anashimangira ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u
Rwanda mu guteza imbere amahoro, iterambere n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Leta Zunze
Ubumwe za Amerika zatangaje ubwigenge bwazo ku wa 4 Nyakanga 1776, bityo
kwizihiza imyaka 250 y’ayo mateka bikaba ari umwanya wo kuzirikana urugendo
rurerure rw’icyo gihugu ndetse n’umusanzu wacyo mu bikorwa mpuzamahanga.
Ibihugu by’u Rwanda na Amerika bisanzwe bifitanye umubano wa dipolomasi umaze imyaka myinshi, aho bikorana mu mishinga itandukanye igamije iterambere ry’abaturage, gushimangira ubukungu no guteza imbere amahirwe y’ishoramari. Ibirori nk’ibi bikomeza kuba umwanya wo kongera kwemeza ubushake bw’impande zombi bwo gukomeza guteza imbere umubano ushingiye ku bwubahane no ku nyungu rusange.