• Amakuru / POLITIKI

Abagize itsinda ry’Abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Niger burangajwe imbere na Jenerali Abdourahamane Tchiani, batangaje gahunda y’inzibacyuho y’imyaka itatu.

Jenerali Abdourahamane, mu ijambo ryanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu yavuzemo ko Niger idashaka intambara.

Uyu muyobozi yatangaje kandi ko mu gihe hagira igihugu kibashozaho intambara biteguye kwirwanaho.

Ku itariki ya 26 Nyakanga 2023, ni bwo itsinda ry’Abasirikare ryahiritse ku butegetsi Perezida Mohamed Bazoum, watowe muri Demokarasi mu 2021.

Kuva ahiritswe ku butegetsi, Bazoum afungishijwe ijisho mu nyubako ya Perezida iri mu murwa mukuru Niameen Tchiani.

Iyi nzibacyuho itangajwe nyuma y’uko abahuza bo mu muryango w’ibihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba (CEDEAO/ECOWAS) bahageze mu biganiro by’amahoro mu kugerageza kwa nyuma ko kugera ku muti unyuze mu nzira ya Diplomasi, bashaka kwirinda intambara y’abashaka gusubizaho Perezida Bazoum.

Icyo gihe CEDEAO, yumvikanishije ko umutwe w’ingabo zo gutabara aho rukomeye witeguye kujya muri Niger.

Nyuma yuko hari ibihugu bitangaje ko bishobora gutabara Perezida wahiritswe ku butegetsi, Jen yatangaje ko nabo biteguye umwanzi.

Ati“Turamutse tugabweho igitero, ntabwo bizaba ari nko kwitemberera muri pariki nkuko abantu bamwe basa nkaho ari ko bibwira“.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments